Ku isi habarurwa amoko y’inyamaswa asaga Miliyoni 8. Gusa muri izo nyamaswa zaba iziba I gasozi, mu kirere no mu mazi si ko zinganya ubushobozi bwo kuramba ku isi kuko hari n’izidashobora kumara byibuze amasaha 24.
Gusa ibi ntibikuraho ko hari n’izimara mu myaka amagana iyo nta mpanuka zihuye na zo ngo zibe ari zo zizihitana.
Uru ni urutonde rw’inyamaswa 10 zibasha kuba zaramba ku isi kurusha izindi.
1. The immortal jellyfish
Iyi ni inyamaswa iba mu mazi yo mu Nyanja ya Mediterrane ndetse no mugihguu cy’u Buyapani. Iyi nyamaswa ishobora kuramba imyaka iri hejuru ya 500 mu gihe nta kintu cy’impanuka yahuye na cyo.
2. Arctica islandica
Iyi ni inyamaswa iba mu Nyanja ikibera mu gikono nk’icy’ikinyamunjongorerwa. Iba mu Nyanja ya Atlantic ya Ruguru ikaba ishobora kuramba imyaka 507.
3. Greenland shark
Iyi fi yo u bwoko bwa Shark, iboneka cyane mu nyanja ya Atlantic ya Ruguru. Ishobora kuramba imyaka 274.
4. Bowhead Whale
Iyi nay o ni ubwoko bw’ifi nini yo mu bwoko bwa whale. Ipima hagati ya Toni 75-100 na metero 14 na 18. Iyi nyamaswa iboneka muri Amerika, u Burusiya n’ahandi ikaba iramba imyaka iri hejuru ya 200.
5. Koi
Iyi na yo ni ubwoko bw’ifi ikunze kuboneka mu gihugu cy’u Buyapani n’ahandi hirya no hino muri Aziya no mu Burayi bwo hagati. Igizwe n’amabara atandukanye yiganjemo umutuku, ubururu umweru n’andi. Iyi fi iramba imyaka 200 kuzamura.
6. Tuataras
Iyi nyamaswa iri mu bwoko bw’ibikururanda ikaba ari umuserebanya ukunze kuboneka cyane muri New Zealand. Upima santimetero 80 igapima ikilo kimwe n’inusu. Imyaka y’uburambe bwa wo ibarirwa hagati ya 150-200.
7. Eels
Iyi nyamaswa ibarirwa mu muryango w’amafi ikaba irimo amoko agera kuri 800. Iyi fi ishobora gupima ibiro hagari ya 25-30 ikaba itera amagi abarirwa mu mamiliyoni ubuzima bwayo bwose. Iramba imyaka 150 gusubiza hejuru iyo nta kindi kibazo yahuye na cyo.
8. Galapagos Giant Tortoise
Aka ni akanyamasyo kanini gakunze kuragaragara muri Antarctica, kazwiho ubunebwe ndetse kakaba gashobora no umara amasaga 16 gasinziriye. Aka kanyamasyo gashobora kuramba imyaka ibarirwa hagati ya 100-150 mu gihe akabayeho igihe kinini kamaze imyaka 250.
9. African elephants
Iyi ni inzovu ikaba iza no ku rutonde rw’inyamaswa nini ku isi. Iyi nzovu iboneka cyane ku mugabane w’Afurika, ikaba ikunze kugaragara cyane muri Zimbabwe. Abashakashatsi bavuga ko igicagati cy’uburambe bwayo ari imyaka 70 bivuze ko ishobora no kuyirenza. Abashakashatsi kandi bavuga ko iyi nzovu ishobora kurinda ipfa itarahagarara kubyara.
-
Macaws

Ni inyoni yo mu bwoko bwa Kasuku. Iyi nyoni igizwe n’amabara meza yiganjemo umutuku, ubururu ndetse n’umuhondo. Iramba imyaka ibarirwa hagati ya 60-80 ikaba ishobora kumara imyaka ibarirwa hagati ya 30-35 yo kororoka. Izi nyoni zikunze kuba mu bihugu bitandukanyebikonja zikaba na zo zirimo amoko agera kuri 19.












2 Responses
Dore urutonde rw’inyamaswa 10 ziramba ku isi kurusha izindi
NDASHIMY NDAMENYE VYISH
Dore urutonde rw’inyamaswa 10 ziramba ku isi kurusha izindi
NDASHIMY NDAMENYE VYISH