Dr. Mukwege avuga ko amatora yo muri Congo ashobora kuzakurikirwa n’intambara

Sangiza iyi nkuru

Umunye-Congo, Dr Denis Mukwege uherutse guhabwa igihembo kitiriwe Nobel, avuga ko afite amakenga ko intambara ishobora kuzarota nyuma y’amatora ateganyijwe mu gihugu cyabo, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Dr Mukwege ubwo yari i Oslo muri Norvège, akaba yaravuze ko aya matora ashobora kuzaba ariko ikibazo kikavuka bamwe banze kwemera ibyavuyemo.

Yagize ati “Mfite umutima uhagaze bitewe n’uko aya matora atazaba mu mucyo, mu mahoro kandi ntaho abogamiye, kandi ko hari amanyanga menshi, abashyigikiye uzaba yatsinzwe ntibazemera ibyayavuyemo”.

Nk’uko Reauter ibitangaza, ngo ubwicanyi buri mu Burasirazuba bwa Congo, hamwe n’abategetsi ba Congo bashinzwe kuyategura bafite ibibazo bikomeye byo kuyategurira igihe, kuri we akavuga ko harimo gutegurwa ishimutwa ry’abantu, kandi ko intambara ku baturage irimo gutegurwa.

Dr Denis Mukwege ni umuganga uvura abagore, hamwe n’abo bakorana ngo bafashije abagore ibihumbi n’ibihumbi bafashwe ku ngufu mu ntambara z’urudaca zidasiba muri Congo, akaba yarahawe iki gihembo cyitiriwe Nobel  uyu mwaka hamwe n’umunya- Irak, Nadia Murad. Amatora muri Congo ateganyijwe kuba ku wa 23 Ukuboza 2018.

 

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *