Abategetsi ba Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo bashinzwe itumanaho bategetse ibigo batanga interineti ko guhagarika imbuga nkoranyambaga zose zo muri iki gihugu guhera ku cyumweru ku wa 18 Ukuboza 2016 umunsi umwe mbere y’uko Perezida Kabila arangiza manda ze.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Imbuga nkoranyambaga nka Twitter, Facebook, Whatapp na Instagram zizafungwa zikurikiye imikino y’umupira w’Amaguru muri Shampiyona y’icyiciro cya mbere nayo yahagaritswe guhera ku wa 15 Ukuboza 2016.
Nta mpamvu n’imwe aba bategetsi batanze izatuma iri tumanaho ryo mu buryo bwa rusange rifungwa gusa ababikurikiranira hafi bavuga ko ibi biri mu rwego rwo kugirango leta ya Kabila iburizemo imigambi y’abatavuga rumwe nawe bashobora gutegura imyigaragambyo bifashishije izi mbuga.
Ibi byafashwe nk’ikimenyetso cy’uko perezida Kabila yiteguye kuguma ku butegetsi ku mbaraga n’ubwo manda ebyiri agenerwa n’itegeko nshinga azazisoza ku wa 19 Ukuboza 2016.
Minisitiri w’imikino we ubwo yatangazaga ko ahagaratse imikino y’umupira w’amaguru yari yagerageje gusobanura impamvu avuga ko ari mu rego rwo kwirinda akavuyo k’abafana no kugirango ibikorwa remezo bibanze bisanwe neza.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Ibintu umunyapolitiki utavuga rumwe na Leta ya Kabila, Moise Katumbi, usanzwe ari na nyiri ikipe ya TP Mazembe, yateye utwatsi avuga ko imikino ari cyo kintu gihuza abaturage benshi.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Schadrack@bwiza.com


