ap_6a08b27914cd4-1778954873

Ebola yongeye kwaduka muri RDC: MINISANTE yahumurije Abaturarwanda

Sangiza iyi nkuru

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda (MINISANTE) yatangaje ko iri gukurikiranira hafi iby’icyorezo cya Ebola cyongeye kwaduka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ihumuriza Abaturarwanda ko nta muntu urwaye iyi ndwara uragaragara mu Rwanda.

MINISANTE mu itangazo yasohoye ku Cyumweru tariki ya 17 Gicurasi, yavuze ko iri gukurikiranira hafi iki cyorezo, ndetse ko Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS) ryagishyize mu rwego rw’icyorezo gihangayikishije Isi.

Yavuze ko nta murwayi wa Ebola uraboneka mu Rwanda, iti: “Kugeza ubu nta murwayi wa Ebola uragaragara mu Rwanda.”

Amakuru mashya agaragaza ko muri RDC hamaze kuboneka abarwayi bakekwaho Ebola barenga 246, mu gihe nibura abantu 80 bamaze guhitanwa na yo, cyane cyane mu Ntara ya Ituri iri mu burasirazuba bw’icyo gihugu.

Mu bishwe n’iki cyorezo kandi harimo umwe wo mu mujyi wa Goma usanzwe uhana imbibi n’uwa Gisenyi wo mu karere ka Rubavu.

Mu rwego rwo kwirinda ko iki cyorezo cyagera mu Rwanda, ku Cyumweru u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kuba rufunze imipaka iruhuza na Congo Kinshasa.

OMS yavuze ko iki cyorezo cyatewe n’ubwoko bwa Ebola buzwi nka ‘Bundibugyo’, butarabonerwa urukingo cyangwa umuti mu buryo bwemewe ku rwego mpuzamahanga.

Iki cyorezo kandi cyamaze kugera no muri Uganda, aho mu cyumweru gishize umuntu umwe wari uturutse muri RDC yapfiriye mu bitaro bya Kibuli Muslim Hospital biherereye i Kampala nyuma yo kwandura Ebola. Uganda kandi yatangaje ko hari n’undi murwayi umwe wemejwe wanduye iyo ndwara.

Minisiteri y’Ubuzima y’u Rwanda kandi yavuze ko nk’ingamba zo kwirinda, igihugu cyakajije ubugenzuzi no gukurikirana abantu ku mipaka ihuza u Rwanda na RDC.

Yagize iti: “Abakozi b’inzego z’ubuzima bari maso kandi uburyo bwo gukurikirana indwara bwongerewe imbaraga kugira ngo habeho gutahura hakiri kare no gutanga ubutabazi bwihuse igihe bibaye ngombwa.”

Iri tangazo rikomeza rivuga ko Minisiteri y’Ubuzima izakomeza gukorana n’abafatanyabikorwa bo mu gihugu no hanze yacyo mu rwego rwo kurinda ubuzima n’umutekano by’abatuye u Rwanda.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *