Edgar Lungu wabaye Perezida wa Zambia yasabye imbabazi, ngo yarahemutse

Sangiza iyi nkuru

Edgar Lungu wabaye Perezida wa Repubulika ya Zambia yasabye abaturage bose imbabazi kubera ko yabahemukiye, akabatererana mu myaka 10 yamaze ku butegetsi.

Mu butumwa uyu munyapolitiki yatanze kuri uyu wa 29 Ukwakira 2021, yavuze ko we n’ishyaka PF bakoze amakosa, batuma abaturage babatakariza icyizere, ntibongera kumutora.

Yagize ati: “Twakoze amakosa mu kazi, twakoze bike mu byo abaturage bari batwitezeho, twatumye badutakariza icyizere, rero ku bw’ibyo turasaba imbabazi.”

Lungu yasabye abayoboke b’ishyaka PF kurirwanirira, ntibemere ko rizima. Ati: “Ibihe byose yaba irimo, PF igomba kubaho, ikabyuka. PF ni ishyaka rinini ry’abanya-Zambia bose, si iryo kugurishwa kuri benshi baripiganira. Si igihe ryo kuriganiraho gake no kuriteraniraho amagambo, si igihe cy’umukino wo kunenga n’amaganya atarangira.”

Amatora yo gushaka Umukuru w’Igihugu wa Zambia yabaye muri Kanama 2021 yegukanywe na Hakainde Hichilema utaravugaga rumwe n’ubutegetsi. Lungu wayahataniraga yaratsinzwe.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *