Eric Nshimiyimana yegukanye akazi yari ahataniye na Karekezi Olivier

Sangiza iyi nkuru

Ikipe ya Bugesera FC yatangaje ko yamaze guha Eric Nshimiyimana inshingano z’umutoza wayo mukuru, asimbuye Umurundi Ndayiragije Etienne iheruka kwirukana.

Iyi kipe ibinyujije ku rubuga rwayo rwa Twitter yatangaje ko yasinyanye na Eric amasezerano y’umwaka umwe n’igice.

Iti: “Turabamenyesha ko Bwana Eric Nshimiyimana ko ubu ari umutoza mukuru w’ikipe ya Bugesera FC mu gihe kingana n’umwaka umwe n’igice. Tumuhaye ikaze.”

Eric Nshimiyimana yagizwe umutoza wa Bugesera FC, nyuma y’umwaka urenga nta kazi afite. Yaherukaga gutoza AS Kigali yamwirukanye mu Ukuboza 2021.

Amakuru avuga ko uyu mutoza wanyuze mu makipe arimo APR FC ndetse n’ikipe y’igihugu ‘Amavubi’ yari ahanganiye akazi ko muri Bugesera na Karekezi Olivier bahoze bakinana mu kipe y’igihugu.

Bugesera FC ayisanze ku mwanya wa 12 n’amanota 19, ikaba irushwa abiri na Gorilla FC bazahura ku munsi wa 17 wa shampiyona.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *