Ese ujya ubura imihango? Kubura cyangwa gutinda kwayo ntibisobanuye ko utwite! Menya izindi mpamvu zibitera

Sangiza iyi nkuru

Rimwe na rimwe usanga abakobwa cyangwa abagore batinda kubona imihango cyangwa bakanayibura. Aha usanga bihutira kujya kwa muganga kugira ngo bamenye ikibazo cyabaye cyangwa niba baba batwite, abaryamanye n’inshuti zabo bakihutira kuzibwira ko zabateye inda n’ibindi.

Hano rero turaza kubamara impungenge ko gutinda cyangwa kubura kw’imihango bidasobanuye buri  gihe ku wasamye kuko hari byinshi bishobora kubitera, nubwo n’ibindi bishoboka.

Imibiri y’abantu ntiteye kimwe bityo igihe umuntu ageze mu kigero cyo kubona imihango, ntaba akwiye kureba kuri mugenzi we ngo yibaze impamvu imihango yabo itagenda kimwe cyangwa bataribwa kimwe kuko hariho abaribwa cyane, abava cyane n’ibindi byinshi bigoye kuba babihuza.

Zimwe mu mpamvu zishobora gutuma imihango ibura cyangwa igatinda ni izi zikurikira

Guca imbyaro

Mu Rwanda no mu bindi bihugu bimenyerewe ko umugore arekeraho kubyara ageze mu myaka 45 kuzamura. Gusa burya ngo nta tegeko ritagira irengayobora, hari n’ababyara bararengeje iriya myaka. Bivuze rero ko hari n’abinjira muri icyo kigero bari munsi y’imyaka 40 bityo bagatangira kumva ko byacitse kandi nyamara ubushakashatsi bwerekana ko byibuze umugore 1/100 ashobora kurekeraho kubyara atarageza ku myaka 40 y’amavuko.

Umunaniro udasanzwe mu mutwe (Stress)

Abantu benshi iyo bahuye n’iki kibazo gishobora gutuma Babura imihango, kuza itinze kimwe no kuza vuba bitewe n’imiterere y’umubiri.

Mu gihe rero uhuye n’iki kibazo, bisaba gutuza ukishyira mu mahoro ndetse ukaruhuka bihagije, waba unafite inshuti hafi mukaganira ukaruhuka mu mutwe.

Kuba uri ku miti

Mu gihe urwaye indwara runaka ituma ufata imiti y’igihe kirekire ku buryo wageza igihe cyo kujya mu mihango ukiyifata, ushobora gutinda kubona imihango cyangwa ukayibona vuba bitewe n’impinduka uba ufite mu mubiri wawe.

Abaganga bavuga ko hari imiti imwe n’imwe ishobora gutuma habaho izi mpinduka.

Imyitozo ngororamubiri ikabije

Akenshi usanga abaganga n’abandi bajyanama mu bijyanye n’ubuziba bagira abantu inama yo gukora imyitozo ngo bagire ubuzima bwiza, aha rero bitewe n’impinduka zigenda ziba ku mubiri w’umuntu, zishobora no kugira impinduka ku gihe umuntu yagiraga mu mihango.

Urugero rutangwa ni nko ku bantu bakora imyitozo bagamije kunanuka, kugera ku ngano runaka n’ibindi, akenshi bikanajyana n’ibyo barya bagamije kugera ku rugero bashaka rw’ubunini w’umubiri wabo.

Bimwe mu byo abagore n’abakobwa bari mu mihango babujijwe

Abakobwa cyangwa abagore bari mu mihango ntibemerewe kurya ibinyamavuta byinshi, amagi, fromage, shokora n’ibindi.

Gukora imibonano mpuzabitsina idakingiye

Uretse kuba ushobora gusama muri iki gihe, abaganga bavuga ko hari imyanda ishobora kukwinjira mu gitsina mu buryo bworoheje kuko haba horoshye ndetse n’ibice bimwe na bimwe bifunguye bityo bikaba byazakugiraho ingaruka mu bihe bizaza.

Kunywa itabi cyangwa kawa

Ibi nabyo ni ikizira ku muntu uri mu mihango kuko bishobora kugira uruhare ku mihindagurikire y’ibihe bwe n’izindi ndwara.

 

Soma Izindi Nkuru

26 Responses

  1. Ese ujya ubura imihango? Kubura cyangwa gutinda kwayo ntibisobanuye ko utwite! Menya izindi mpamvu zibitera
    Warakuze sex nyuma ukajya mumihango hanyuma ukundi kwezi gukurikira itariki yimihango yagera hakaza imihango Mike cyane umutsi umwe ubundi ikabura biba byatewe Niki mutsubize

  2. Ese ujya ubura imihango? Kubura cyangwa gutinda kwayo ntibisobanuye ko utwite! Menya izindi mpamvu zibitera
    Warakuze sex nyuma ukajya mumihango hanyuma ukundi kwezi gukurikira itariki yimihango yagera hakaza imihango Mike cyane umutsi umwe ubundi ikabura biba byatewe Niki mutsubize

  3. Ese ujya ubura imihango? Kubura cyangwa gutinda kwayo ntibisobanuye ko utwite! Menya izindi mpamvu zibitera
    ibibintu nibhiza
    pe!!

  4. Ese ujya ubura imihango? Kubura cyangwa gutinda kwayo ntibisobanuye ko utwite! Menya izindi mpamvu zibitera
    ibibintu nibhiza
    pe!!

  5. Ese ujya ubura imihango? Kubura cyangwa gutinda kwayo ntibisobanuye ko utwite! Menya izindi mpamvu zibitera
    Gukoresha kiriya kinini cya norvell byatinza imihango!?

  6. Ese ujya ubura imihango? Kubura cyangwa gutinda kwayo ntibisobanuye ko utwite! Menya izindi mpamvu zibitera
    Gukoresha kiriya kinini cya norvell byatinza imihango!?

  7. Ese ujya ubura imihango? Kubura cyangwa gutinda kwayo ntibisobanuye ko utwite! Menya izindi mpamvu zibitera
    kofiteimyaka15nkabantarabonaimihangonukuberaicyi

    1. Ese ujya ubura imihango? Kubura cyangwa gutinda kwayo ntibisobanuye ko utwite! Menya izindi mpamvu zibitera
      ntamisemburo ufit mn ihangane

    2. Ese ujya ubura imihango? Kubura cyangwa gutinda kwayo ntibisobanuye ko utwite! Menya izindi mpamvu zibitera
      ntamisemburo ufit mn ihangane

  8. Ese ujya ubura imihango? Kubura cyangwa gutinda kwayo ntibisobanuye ko utwite! Menya izindi mpamvu zibitera
    kofiteimyaka15nkabantarabonaimihangonukuberaicyi

  9. Ese ujya ubura imihango? Kubura cyangwa gutinda kwayo ntibisobanuye ko utwite! Menya izindi mpamvu zibitera
    ese kiriya kinini kirinda gusama cyatuma imihango mubwire .

    1. Ese ujya ubura imihango? Kubura cyangwa gutinda kwayo ntibisobanuye ko utwite! Menya izindi mpamvu zibitera
      Se gukuramo inda no gukoresha iriya miti irinda gusama byatuma imihango ihagarara?

    2. Ese ujya ubura imihango? Kubura cyangwa gutinda kwayo ntibisobanuye ko utwite! Menya izindi mpamvu zibitera
      Se gukuramo inda no gukoresha iriya miti irinda gusama byatuma imihango ihagarara?

  10. Ese ujya ubura imihango? Kubura cyangwa gutinda kwayo ntibisobanuye ko utwite! Menya izindi mpamvu zibitera
    ese kiriya kinini kirinda gusama cyatuma imihango mubwire .

  11. Ese ujya ubura imihango? Kubura cyangwa gutinda kwayo ntibisobanuye ko utwite! Menya izindi mpamvu zibitera
    none uwobyabayeho yakoliki

  12. Ese ujya ubura imihango? Kubura cyangwa gutinda kwayo ntibisobanuye ko utwite! Menya izindi mpamvu zibitera
    none uwobyabayeho yakoliki

  13. Ese ujya ubura imihango? Kubura cyangwa gutinda kwayo ntibisobanuye ko utwite! Menya izindi mpamvu zibitera
    Umwana w’umukobwa yambajije ngo aheruka imihango le22/4/2022 kugeza Ubu le27/5/2022 ngo akurikije ukwezi kwe amaze kurenzaho 5jrs.uko gutinda guterwa Niki? Afire imyaka14

  14. Ese ujya ubura imihango? Kubura cyangwa gutinda kwayo ntibisobanuye ko utwite! Menya izindi mpamvu zibitera
    Umwana w’umukobwa yambajije ngo aheruka imihango le22/4/2022 kugeza Ubu le27/5/2022 ngo akurikije ukwezi kwe amaze kurenzaho 5jrs.uko gutinda guterwa Niki? Afire imyaka14

  15. Ese ujya ubura imihango? Kubura cyangwa gutinda kwayo ntibisobanuye ko utwite! Menya izindi mpamvu zibitera
    Mwiriwe nakoresheje ikinini gituma umuntu adasama inshuro 2 mukwezi none nabuze imihango maze ukwezi nibyumweru bibiri knd nyuma yukwezi mbuze imihango naguze teste ndapima ngo ndebeko ntwite nsanga ntatwite mungire inama

  16. Ese ujya ubura imihango? Kubura cyangwa gutinda kwayo ntibisobanuye ko utwite! Menya izindi mpamvu zibitera
    Mwiriwe nakoresheje ikinini gituma umuntu adasama inshuro 2 mukwezi none nabuze imihango maze ukwezi nibyumweru bibiri knd nyuma yukwezi mbuze imihango naguze teste ndapima ngo ndebeko ntwite nsanga ntatwite mungire inama

  17. Ese ujya ubura imihango? Kubura cyangwa gutinda kwayo ntibisobanuye ko utwite! Menya izindi mpamvu zibitera
    Nafashe ikinini kibuza gusama none ubu maze kurenzako 6 jours ntabona imihango biva kuki??

  18. Ese ujya ubura imihango? Kubura cyangwa gutinda kwayo ntibisobanuye ko utwite! Menya izindi mpamvu zibitera
    Nafashe ikinini kibuza gusama none ubu maze kurenzako 6 jours ntabona imihango biva kuki??

  19. Ese ujya ubura imihango? Kubura cyangwa gutinda kwayo ntibisobanuye ko utwite! Menya izindi mpamvu zibitera
    kumukobwa wa buze imihango ibinini byo kuboneza byatuma iza.

  20. Ese ujya ubura imihango? Kubura cyangwa gutinda kwayo ntibisobanuye ko utwite! Menya izindi mpamvu zibitera
    kumukobwa wa buze imihango ibinini byo kuboneza byatuma iza.

  21. Ese ujya ubura imihango? Kubura cyangwa gutinda kwayo ntibisobanuye ko utwite! Menya izindi mpamvu zibitera
    Nabuze imihango noneho iza umunsi umwe hashize igihe iza nabwo iminsi 2 nabwo ari dukeye cyane byaba biterwa niki

  22. Ese ujya ubura imihango? Kubura cyangwa gutinda kwayo ntibisobanuye ko utwite! Menya izindi mpamvu zibitera
    Nabuze imihango noneho iza umunsi umwe hashize igihe iza nabwo iminsi 2 nabwo ari dukeye cyane byaba biterwa niki

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *