Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia, Abiy Ahmed kuri uyu wa 5 Nyakanga 2021 yatangaje ko igihugu cye kigiye gufunga ambasade 30 muri 60 cyari gisanzwe gifite.
Uyu Mukuru wa Guverinoma yabitangarije mu kiganiro yagiranye n’abagize inteko ishinga amategeko, asobanura ko ari icyemezo cyafashwe kugira ngo hagabanywe ubwinshi bw’amafaranga akoreshwa na ambasade.
Minisitiri Abiy mu nkuru ya Xinhua yagize ati: “Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Ethiopia igomba kuvugururwa. Ethiopia ntikwiye kugira ambasade na ‘consulates’ 60 muri iki gihe.”
Yakomeje ati: “Aho gukoresha amadolari ya Amerika aha hantu hose, mu mezi atandatu ari imbere, byibuze ambasade 30 zizafungwa.”
Yasobanuye ko muri icyo gihe, ba Ambasaderi bazakorera muri Ethiopia, mu gihe bibaye ngombwa bajye bakora ingendo mu bihugu by’amahanga, bagiye gukora inshingano zabo.
Amafaranga ba Minisitiri bakoresha nayo agiye kugabanywa, aho bizajya biba ngombwa ko buri wese ugize Guverinoma yitwara mu modoka, aho guhabwa umushoferi uhemberwa kumutwara.
Iki cyemezo cyo kugabanya umubare wa ambasade cyaba gifitanye isano biri hagati ya Leta ya Ethiopia n’iya Tigray ishaka kwigenga, byabyaye intambara hagati y’impande zombi.
Leta ya Ethiopia ivuga ko aya makimbirane yatangiye mu Gushyingo 2020 yayiteje ibihombo bibarirwa muri miliyari 2.3 z’amadolari ya Amerika.


