Kuri uyu wa Kabiri, Ibiro bishinzwe Uburenganzira bwa Muntu by’Umuryango w’Abibumbye byatangaje ko imirwano hagati y’abasirikare ba Ethiopia n’abitwaje intwaro mu Ntara ya Amhara yahitanye byibuze abantu 183, umubare w’abantu bivugwa ko bapfuye kugeza ubu mu ntambara imaze ukwezi.
Umuryango w’Abibumbye wongeyeho ko mu gihugu hose abantu barenga 1.000 batawe muri yombi, benshi muri bo bakaba bavuga ko ari urubyiruko rukomoka mu bwoko bwa Amhara, mu gihe iyi ntara iri mu bihe bidasanzwe byashyizweho na guverinoma mu rwego rwo guhangana n’ubugizi bwa nabi nk’uko itangazo rya Loni rivuga.
Umuvugizi wa guverinoma ya Ethiopia ntabwo yahise asubiza icyifuzo cy’Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza, Reuters, cyo gutanga ibisobanuro.
Amakimbirane yongerewe ingufu no gushinjanya n’ibindi bibazo muri Amhara, Intara ya muri Ethiopia ituwe cyane, abayituye bashinja guverinoma kugerageza guhungabanya umutekano wayo. Guverinoma irahakana icyo kirego.
Ingabo za leta zafashe imijyi minini n’imito yo mu ntara mu ntangiriro z’uku kwezi nyuma yo kubanza kwirukanwa n’abitwaje intwaro, ariko amakimbirane yarakomeje.
Itangazo ry’Umuryango w’Abibumbye ryagize riti: “Mu gihe ingabo za Leta zongeye kwerekana ko ziri mu mijyi imwe n’imwe kandi inyeshyamba za Fano bikavugwa ko ziri gusubira inyuma zijya mu cyaro, turahamagarira ababirimo bose guhagarika ubwicanyi, n’irindi hohotera….”
Abaganga babiri bavuze ko byibuze abantu bane baguye mu mirwano mishya yadutse mu mujyi wa Debre Tabor ku Cyumweru.
Umwe mu baganga yavuze ko iyi mirwano yatangiye nyuma y’icyumweru kimwe ingabo za Ethiopia zinjiye muri uyu mujyi. Aba baganga bombi ariko ntibifuje ko amazina yabo amenyekana.


