Everton yisasiye Arsenal, iyigabanyiriza amahirwe ku gikombe cya shampiyona

Sangiza iyi nkuru

Ikipe ya Everton yagabanyije amahirwe ya Arsenal yo kwegukana Igikombe cya shampiyona y’Abongereza, nyuma yo kuyitungura ikayitsinda igitego 1-0.

Iyi kipe yo mu mujyi wa Liverpool yari yakiriye Arsenal i Goodson Park; mu mukino w’umunsi wa 21 wa shampiyona y’Abongereza.

Wari umukino wa mbere umutoza Sean Dyche atoje Everton nyuma yo gusimbura Frank Lampard uheruka kwirukanwa.

Arsenal nk’ikipe ishaka igikombe cya shampiyona yari yagaruye umunya-Ghana Thomas Partey wari amaze iminsi yaravunitse.

Igice cya mbere cyaranzwe no kwiharira umupira kwa Arsenal kuko kugera ku munota wa 35 Arsenal yari ifite ukwiharira umupira ku kigero cya 70% kuri 30 ya Everton.

Everton yabonye uburyo bukomeye biciye kuri Dominic Calvert-Lewin, Amadou Onana na Abdoulaye Doucouré; gusa bananirwa kuboneza mu izamu bituma igice cya mbere kirangira amakipe yombi anganya 0-0.

Igice cya kabiri Everton yagitangiranye imbaraga ubwo ku munota wa 46 Idrissa Gana Gueye yateraga umupira ukomeye, gusa uruhukira mu biganza by’umunyezamu Ramsdale wa Arsenal.

Ku munota wa 58 Mikel Arteta yakuyemo Gabriel Martinelli na Thomas Partey maze ashyiramo abakinnyi be bashya Jorginho na Leandro Trossard.

Izi mpinduka zahuriranye na koruneri ya Everton yatewe na Dwight McNeil, maze James Tarkowski atsindira Everton igitego cy’umutwe ku munota wa 60.

Ni igitego cyimuye Everton kiyivana ku mwanya wa 19 kiyigizaho imbere imyanya ibiri n’amanota 18 n’umwenda w’ibitego 12.

Calvert Lewin yahaye umwanya Neal Maupay ku ruhande rwa Everton ku munota wa 62.

Kuva Arsenal yatsindwa igitego, Arteta nta ho atashakiye ibisubizo. Mu gusimbuza yakuyemo kapiteni Martin Ødegaard ashyiramo Fábio Vieira ku munota wa 77, mbere y’uko ku wa 85 akuramo Ben White agashyiramo Tikehiro Tomiyasu.

Ni impinduka zitagize icyo zimumarira.

Mbere y’uko iminota 6 y’inyongera irangira Amadou Onana na Alex Iwobi na ba myugariro ba Everton bakomeje kwihagararaho kugeza umusifuzi David Coote arangije umukino.

Arsenal n’ubwo yatsinzwe uyu mukino iracyayoboye shampiyona y’Abongereza n’amanota 50; ikaba irusha atanu Manchester City iyikurikiye.

Ni amanota ashobora kugabanuka akagera kuri abiri mu gihe Man City yaba ishoboye gutsinda Tottenham Hotspur kuri iki cyumweru, mu gihe ikinafitanye na Arsenal imikino ibiri bagomba guhuriramo.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *