Christophe Munyanderu, umuhuzabikorwa w’umuryango utegamiye kuri Leta uharanira kubahiriza uburenganzira bwa muntu (CRDH), avuga ko imirwano yahuje, kuri uyu wa Gatandatu, itariki ya 15 Ukwakira 2022, FARDC n’abantu bitwaje intwaro bagize umutwe mushya witwa “Chini ya Tuna” ahitwa Makayanga, hafi ya Komanda, Teritwari ya Irumu, mu Ntara ya Ituri.
Nk’uko iyi mpirimbanyi y’uburenganzira bwa muntu ibitangaza, ngo izi nyeshyamba zifuzaga kwibasira itsinda ry’urubyiruko rwiteguraga gushyingura abasivili 12 bishwe ku wa Gatanu ushize n’izo nyeshyamba ahitwa Masome. Mu gusubiza, ingabo za FARDC zishe 4 muri aba barwanyi, nk’uko Munyanderu yabitangarije Actu30.cd.
Christophe Munyanderu yatsimbaraye ku gukurikirana izo nyeshyamba kugeza uyu mutwe mushya ushaka guhungabanya umutekano muri icyo gice uhagaritswe.
Arahamagarira kandi aba barwanyi gushyira intwaro hasi bakinjira muri gahunda yo gusubira mu buzima busanzwe.
Umuvugizi wa FARDC mu ntara ya Ituri yemeje aya makuru. Lieutenant Jules Ngongo aratangaza ko abarwanyi 4 bishwe ari imibare y’agateganyo. Uyu musirikare avuga ko ingabo zakozanyijeho gusa n’amabandi.”
Amakuru akaba avuga ko ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu ari bwo imirambo 12, y’abo bantu bishwe kuwa Gatanu, yashyinguwe nyuma y’aho muri ako gaace ka Ituri hagrutse ituze.


