FARDC irigamba kwakira Abarwanyi 7 bavuye muri M23

Sangiza iyi nkuru

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kiravuga ko cyakiriye abarwanyi barindwi bavuye mu mutwe w’inyeshyamba za M23 baje kucyiyungaho nyuma yo kubona ko kurwanira uwo mutwe atari bwo buryo bwiza bwo kurwanira igihugu cyabo.

Si ubwa mbere FARDC igaragaje abo yita abarwanyi bavuye kuri M23 ariko bikarangira itabashije kugaragaza ibimenyetso bifatika byemeza ko koko abo baba ari abarwanyi ba M23, ibyo abakurikiranira hafi iby’intambara ihanganishije izi mpande bahera bemeza ko aba ari ibikorwa bitegurwa mu rwego rwo kurangaza abantu no gushaka kwangisha M23 abaturage.

Abo barwanyi barindwi beretswe itangazamakuru ku wa 02 Ukwakira 2024, mu gikorwa cyayobowe n’umuvugizi w’igisirikare cya FARDC mu cyiswe ‘Operation Front Nord’, Lt Mbuyi Kalonji, uyu ni we weretse itangazamakuru abo barwanyi yemeza ko ari abitanze baturutse muri M23.

Mu bavuga ko bitandukanyije na M23 harimo uvuga ko yitwa Iragi Murara Hertier, yagize ati: “Ninjiriye igisirake cya M23 i Bukavu, ninjirijwe i Mushaki ngera kuri santere ya Chanzu nkora imyitozo, dushoje imyitozo dutangira akazi k’imirwano, nza kubona ko atari ukuri kurwanira igihugu kitari icyanjye ndavuga nti ngiye kwa FARDC kurwanira igihugu cyanjye.”

Akomeza avuga ko FARDC ari yo yamwakiriye neza bakamuha aho kuba heza akanasaba abandi basigaye muri M23 nabo kwihuza na FARDC.

Kimwe n’abandi bagenzi be bose bakemeza ko bavuye muri M23 nyuma yo kubona ko itarwanira kubohoza igihugu cyabo.

FARDC bakavuga ko iyi ari intambwe nziza mu gukomeza guca intege M23 n’abandi baturage bakorana na yo mu bice nka Matembe muri teritwari ya Lubero. Lt Mbuyi Kalonji ati “Hari bamwe mu bavandimwe bacu batangiye kwitanga kuri FARDC, ni abari barinjijwe na M23 mu gihe hariho agahenge kasabwe n’amasezerano ya Luanda. Ni intambwe nziza mu guca intenge urubyiruko rwo muri Lubero no muri Kivu ya Ruguru hose ko badakwiye kwihuza na M23.”

Twageregeje kuvugisha umuvugizi wa M23 mu bya gisirikare, Lt Col Willy Ngoma kuri iyi ngingo ariko ntibyadukundira kuko yatubwiye ko yari ari muri rwinshi, mu gihe yaramuka abonetse twamubaza niba koko aba ari abarwanyi b’umutwe avugira.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *