FARDC ishobora kuba yatakaje abasirikare benshi nyuma yo kugwa mu mutego w’inyeshyamba

Sangiza iyi nkuru

Imirwano yiganjemo intwaro ziremereye hagati y’igisirikare cya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’imitwe y’inyeshyamba yatangiye kuri uyu wa Gatatu ushize mu gace ka Agu, muri groupement ya Ndendro, Umurenge wa Walendu Pitsi, yari ikomeje kuri uyu wa Kane. Ni imirwano FARDC ishobora kuba yatakarijemo abasirikare benshi ariko yanze kwemeza umubare.

Amakuru aturuka mu nzego z’umutekano aravuga ko inyeshyamba ari zo zashoje imirwano zigaba igitero ku birindiro bya FARDC biherereye hafi y’Umusozi w’Ubururu (Mont Bleu) ku muhanda ugana ku Kiyaga cya Albert.

Kuri uyu wa kane, ubwo Radio Okapi dukesha iyi nkuru yageragezaga kuvugisha umuvugizi wa FARDC muri Ituri, Lt Jules Ngongo, ngo ntiyari yiteguye gutanga imibare y’abaguye muri iyi mirwano.

Amakuru ava muri sosiyete sivile yo avuga ko hapfuye abantu 12 ku mpande zombi.

Biravugwa ko umurongo w’abasirikare ba FARDC, bari baturutse ku Kiyaga cya Albert, berekeza ahitwa Jiba, waguye mu mutego w’inyeshyamba zari zikwije ku bikoresho, kuwa Gatatu mbere ya saa sita, ahitwa Jailo, agace gaherereye mu Murenge wa Walendu Pitsi.

Amakuru ava mu bashinzwe umutekano akavuga ko hakurikiyeho gukozanyaho hagati y’impande zombi kugeza mu masaha y’ijoro. Amakuru akomeza avuga ko imirwano yakomeje mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane ushize, mu gace kegereye aka mbere kitwa Agu, mu birometero 6 uvuye Jiba.

Amakuru atandukanye aturuka aha ariko aremeza ko hapfuye abasirikare ba FARDC basaga 10 bishwe n’inyeshyamba mu gihe abandi 10 bakomerekeye ku rugamba bajyanywe mu Bitaro bya Fataki, mu birometero 90 ugana mu majyaruguru ya Bunia.

Amakuru ya sosiyete sivile kandi yavugaga ko hari imirambo igera kuri 12 yari ikiri ku butaka muri Agu, aho ngo hari hataramenyekana imyirondoro y’abo bantu bishwe.

Ku ruhande rwe ariko, umuvugizi wa FARDC muri Ituri yanze kwemeza iyo mibare, ahubwo ashimangira ko batakaje umusirikare umwe muri iyo mirwano, mbere yo kuvuga ko aza gutanga imibare ya nyayo nyuma y’igikorwa cya gisirikare gikomeje muri ako karere.

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *