Igisirikare cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo cyabonye izindi ndege z’intambara zirimo za kajuguugu ndetse n’izindi ndege z’indwanyi zishobora kuba nazo ari izo mu bwoko bwa Sukhoi nk’uko amashusho yashyizwe kuri twitter abigaragaza .
Aya makuru yanemejwe n’Umuvugizi wa M23, Maj. Willy Ngoma, uvuga ko FARDC ikomeje kwigwizaho ibikoresho bihambaye by’intambara. Yabitangarije Bwiza TV na Bwiza.com mu kiganiro twagiranye ku murongo wa telephone ubwo yabazwa uko muri Kitshanga byifashe aho imirwano yongeye kubura hagati y’uyu mutwe na FARDC n’imitwe bafatanyije.
#FARDC has acquired new war planes to deal with #M23 . Instead of negotiations, more air power has been brought in. The conflicts between #M23 & gov't aren't ending soon pic.twitter.com/AdZeHMNnIO
— Banyamulenge Youth Kenya (@banyamulenge_k) February 19, 2023
Ayo mashusho yashyizwe kuri twitter kuri uyu wa Mbere, agaragaramo indege za kajugujugu z’intambara zigera kuri ebyiri ndetse n’indege z’indwanyi (Fighter Jets) na zo ebyiri zari ziri guhaguruka ku kibuga cy’indege tutabashije kumenya cyari kinariho abazungu benshi.
Hagati aho, aho imirwano yaramukiye I Kitshanga guhera mu rukerera rwo kuri uyu wa Mbere, amakuru aheruka aravuga ko M23 yamaze kwigarurira agace ka Muhanga, mu birometero 9 uvuye ahitwa Kibarizo mu majyaruguru ya Kitshanga.


