Fayulu aremeza ko Perezida Kagame ari we washyize Tshisekedi aho ari ubu

Sangiza iyi nkuru

Mu gitondo cya politiki cyabaye mu mpera z’icyumweru gishize mu Karere ka La Funa muri Kinshasa, umunyapolitiki Martin Fayulu yaboneyeho umwanya wo guhamagarira abaturage ba Kinshasa kuzitabira ku bwinshi urugendo rwateguwe n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi ku itariki ya 13 Gicurasi 2023 rwo kwamagana u Rwanda, anasaba Abanyekongo kutizera ko Perezida Tshisekedi na Kagame babanye nabi .

Nk’uko byatangajwe n’umuyobozi w’ishyaka Engagement pour la CitoyennetĂ© et le DĂ©veloppement (ECIDĂ©), ngo uru rugendo ruzaba rugamije kumvisha Perezida w’u Rwanda, ngo na bagenzi be bafatanyije, ko batazashobora gucamo ibice Repubulika ya Demokarasi ya Congo.

Fayulu yagize ati: “Tugiye kuzakora urugendo ku itariki ya 13 Gicurasi. Tuzakora urugendo rwo kubwira Kagame na bagenzi be ko nta muntu n’umwe ushobora gucamo ibice Repubulika ya Demokarasi ya Congo. Congo ni igihugu kimwe. Tugiye kubwira Kagame kimwe n’abantu yashyize hano [muri RDC], n’abambari be, ko batazadutsinda. Umushinga wo gucamo ibice Congo watangiye kera cyane, ese bashoboye kubikora? Ababiligi baragerageje, ese barabishoboye?…”

Martin Fayulu kandi yakomeje avuga ko ba perezida Felix Tshisekedi na Paul Kagame bigira nk’aho batabanye neza nk’uko iyi nkuru ddukesha 7sur7.cd ikomeza ivuga.

“Kagame yashyize Tshilombo [FĂ©lix Tshisekedi, ndlr] aho ari. None, barigira nk’aho batumvikana, ni amayeri. Ntukabyizere, ntukizere Tshilombo, ” uyu ni Fayulu abwira abayoboke b’ishyaka rye ndetse n’ab’ihuriro rya LAMUKA bari muri iki gitondo cya politiki.

Uyu munyapolitiki utarahiriwe n’amatora aheruka ‘umukuru w’igihugu yatsinzwemo na Tshisekedi, aravuga ibi mu gihe Tshisekedi dahwema gushinja uRwanda kuba ari rwo rwihishe nyuma y’umutwe wa M23 wongeye kubura intwaro nyuma y’imyaka 10 uzishyize hasi, ibirego u Rwanda rwakomeje kwamagana ruvuga ko abayobozi ba Congo barugize urwitwazo mu rwego wo gukwepa ibibazo byananiranye mu gihugu.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *