Ikipe ya FC Barcelona yo muri Espagne iri mu nzira zo kugurisha intebe zo muri Stade yayo ya Spotify Camp Nou, mu rwego rwo guhangana n’ikibazo cy’amikoro make kimaze igihe kiyugarije.
Ni nyuma yo kwisanga mu mwenda w’abarirwa muri $ miliyari 1.24.
Umunyamakuru Achraf Ben Ayad wa Televiziyo ya beIN Sports, yatangaje ko Perezida Joan Laporta wa FC Barcelona ukomeje gukora iyo bwabaga ngo yishyure ririya deni yamaze gufata icyemezo cyo kugurisha intebe za Stade ya Camp Nou.
Iyi Stade biteganyije ko igomba kuvugururwa ku mpera z’uyu mwaka w’imikino.
Mu gihe imirimo yo kuyubaka bundi bushya izaba irimo gukorwa, FC Barcelona izajya yakirira imikino yayo muri ‘Estadi Olimpic Lluis Companys’ na yo iherereye i Barcelona, ikaba ifite ubushobozi bwo kwakira abafana 44,000.
Ni muri uru rwego iriya kipe y’i Catalunya iteganya kugurisha intebe za Camp Nou mu rwego rwo kuba igabanyije ideni, hanyuma imirimo yo kuyivugurura yarangira ikazashyiramo izindi.
Muri rusange, ikibazo cy’ubukungu muri Barça cyatangiye muri 2020 ahanini bitewe n’ingaruka z’icyorezo cya COVID-19.
Ibi byatumye FC Barcelona ihitamo kujya isinyisha abakinnyi barangije amasezerano mu makipe bakiniraga, mu rwego kugabanya ibibatangwaho.
Iyi kipe kandi yafashe icyemezo cyo kugabanyiriza abakinnyi bayo imishahara, ibyanatumye Gerard Pique wari myugariro wayo asezera kuri ruhago imburagihe ku myaka 35 mu rwego rwo kuganyiriza iyi kipe umutwaro.
Hari amakuru kandi avuga ko Kapiteni wayo, Sergio Busquets na we ari mu nzira zo kuva muri iyi kipe, aho amakuru menshi amwerekeza muri Al Nassr isanzwe ikinamo Cristiano Ronaldo.
Hagati aho Ikinyamakuru Mundo Deportivo kivuga ko Barcelona igomba kugabanya imishahara ingana na € miliyoni 200 mbere y’uko umwaka w’imikino utaha utangira, mu rwego rwo kujyanisha n’amabwiriza ya La Liga.


