IMG-20260505-WA0010

FERWAFA yahannye umusifuzi wakubise umugeri mu bugabo bw’umukinnyi wa Mukura 

Sangiza iyi nkuru

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), ryafashe icyemezo cyo guhagarika abasifuzi babiri bari mu bayoboye umukino wa shampiyona ikipe ya Mukura VS, nyuma yo gukora amakosa atandukanye.

Abahanwe na FERWAFA barimo Nshimiyimana Remy Victor wari umusifuzi wo hagati mu kibuga, na Nsengiyumva Jean Paul wasifuraga ku ruhande.

FERWAFA yabamenyesheje ko yabahannye biciye mu mabaruwa yabandikiye.

Iri shyirahamwe ryamenyesheje Nshimiyimana ko yahagaritswe imikino itanu, nyuma y’uko raporo ya Komiseri w’umukino yagaragaje ko imisifurire ye itari ku rwego rwifuzwa.

Uyu musifuzi yamenyeshwejwe ko yagaragaje ubushobozi buke mu kuyobora uriya mukino Mukura VS yatsinzwemo na Rutsiro FC ibitego 2-1, nyuma yo guha iyi kipe yo mu Burengerazuba Penaliti zitari zo.

FERWAFA yamubwiye iti: “Nyuma yo kugaragara ko wagize umusaruro udashimishije mu gusifura uwo mukino ( Insuffisance de la performance générale lors d’un match), aho watanze penaliti ebyiri zitari zo ku ruhande rw’ikipe ya Rutsiro, ndetse ukananirwa kuyobora umukino mu buryo buboneye nk’uko byari biteganyijwe; tukwandikiye tukumenyesha ko uhagaritswe gusifura imikino itanu 5 uhereye umunsi wakiriyeho iyi baruwa.”

Uyu musifuzi nyuma yo guhagarikwa yasabwe gukomeza kwitabira imyitozo kugira ngo azagaruke mu kazi afite ubushobozi buhagije.

Uwakubise umugeri mu bugabo bw’umukinnyi wa Mukura yahagaritswe umwaka!

FERWAFA mu ibaruwa yandikiye umusifuzi Nsengiyumva Jean Paul, we yamumenyesheje ko yahagaritswe amezi 12 ndetse anongerwaho imikino itanu yo kutitabira imirimo ye, nyuma yo gusanga yaragaragaje imyitwarire idakwiye ndetse n’amakosa ya tekiniki mu misifurire ye.

FERWAFA yamubwiye iti: “Dushingiye ku kuba waragaragaje imyitwarire idahwitse nk’umuyobozi w’umukino aho wakubise umukinnyi w’ikipe ya MUKURA VS; uhawe igihano giteganywa n’itegeko ryavuzwe haruguru, umutwe wa 7; ingingo ya 22, agaka ka 23 kingana no guhagarikwa amezi cumi n’abiri.”

Yunzemo iti: “Kuba waragaragaje kutayobora umukino uko bigomba uhawe igihano giteganywa n’itegeko ryavuzwe haruguru, umutwe wa 7; ingingo ya 22, agaka ka 17, kingana no guhagarikwa imikino itanu.”

Nsengiyumva yahagaritswe nyuma y’uko hagaragaye amashusho ye akubita umugeri mu bugabo bw’umukinnyi wa Mukura VS, nyuma y’uko yari agerageje kumusanga ngo aburane kuri penaliti itavugwaho rumwe yari ihawe Rutsiro FC.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *