Finland irinjira muri NATO mu masaha ari imbere

Sangiza iyi nkuru

Umunyamabanga Mukuru w’umuryango w’ubwirinzi w’ibihugu bihuriye ku nyanja ya Atlantic (NATO), Jens Stolternberg, yatangaje ko Finland iraba umunyamuryango mushya kuri uyu wa 4 Mata 2023.

Nk’uko BBC News ibivuga, Stolternberg yabitangarije i Brussels kuri uyu wa 3 Mata, agira ati: “Turazamura ibendera rya Finland ku cyicaro cya NATO ku nshuro ya mbere. Uraba ari umunsi mwiza ku mutekano wa Finland, ku mutekano wo muri Nordic no muri NATO muri rusange.”

Finland yasabye kwinjira muri NATO mu mwaka ushize ubwo u Burusiya bwatangizaga ibitero muri Ukraine, ikaba yari igamije kongera umutekano wayo.

Ubu busabe Finland yatanze ikurikiranye na Sweden bwari bwaranzwe n’igihugu kimwe kiri muri NATO, ari cyo Turukiya, cyasobanuraga ko ibi bihugu bishyigikira iterabwoba.

Stolternberg yasobanuye ko kwinjira kwa Finland kuzaha na Sweden umutekano mu gihe itegereje kwinjira muri NATO.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *