Kuri uyu wa Gatatu, itariki 10 Gicurasi 2023, uwahoze ari umujandarume mu Rwanda yatangiye kuburanishwa mu Bufaransa, akurikiranyweho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi no mu byaha byibasiye inyokomuntu mu 1994 .
Philippe Hategekimana w’imyaka 66 yahungiye mu Bufaransa nyuma ya jenoside, ahabwa ubuhungiro nyuma yo gukoresha amazina y’impimbano.
Ni ku nshuro ya gatanu mu Bufaransa hagiyekuburanishwa umuntu ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside yaakorewe Abatutsi yabaye kuva muri Mata kugeza muri Nyakanga 1994,igahitana abantu basaga miliyoni.
Hategekimana arashinjwa kugira uruhare mu kwica Abatutsi benshi ndetse no gushyiraho za bariyeri zo guhagarika Abatutsi bahitaga bicirwa bicirwa mu murwa mukuru w’intara y’amajyepfo, Nyanza, aho yakoraga nk’umujandarume mukuru.
Yahakanye ibyo aregwa.
Ababuranyi bamushinje “gukoresha imbaraga ze n’iz’abo yabaga ayoboye mu rwego rwe mu kugira uruhare muri jenoside”.
Arakekwaho kugira uruhare mu iyicwa ry’umubikira ndetse n’uwari burugumesitiri wa Ntyazo warwanyije iyicwa ry’Abatutsi.
Araregwa kandi kugira uruhare mu iyicwa ry’impunzi z’abatutsi 300 ku musozi witwa Nyamugari, no mu gitero cyagabwe ku wundi musozi witwa Nyabubare ahiciwe abasivili bagera ku 1.000.
Uru rubanza rubera i Paris rugomba gukomeza kugeza ku itariki ya 30 Kamena nk’uko iyi nkuru dukesha Ibiro Ntaramakuru by’u Bufaransa (AFP) ivuga.
Mu 1999 Hategekimana yageze mu Bufaransa ahabwa ubuhungiro nyuma yo gutanga imyirondoro y’imihimbano.
Yabaye umuzamu wa kaminuza mu mujyi wa Rennes wo mu burengerazuba, ahabwa ubwenegihugu bw’u Bufaransa mu 2005.
Yaje guhunga u Bufaransa yerekeza muri Cameroun mu mpera z’umwaka wa 2017, nyuma y’uko itangazamakuru ritangaje ko Ihuriro CPCR (Collectif des Parties Civiles Pour le Rwanda), umwe mu barega mu rubanza rwo muri iki cyumweru, ryamureze.
Yafatiwe mu murwa mukuru Yaounde mu 2018 yoherezwa mu Bufaransa.
U Bufaransa, kimwe mu bihugu bya mbere abagize uruhare muri jenoside bahisemo guhungiramo ubutabera ku bwinshi, bwaburanishije kandi bukatira uwahoze ari umuyobozi w’ubutasi (Pascal Simbikangwa), abahoze ari ba burugumestiri babiri, uwahoze ari umushoferi wa hoteri n’uwahoze ari umuyobozi mukuru mu manza nk’izi kuva mu 2014.


