Ku wa kabiri ushize, Guverinoma ya Gambia yashinje abasivili babiri n’umupolisi icyaha cyo gushaka guhirika ubutegetsi bwa Adama Barrow, nk’uko umuvugizi wa guverinoma yabitangaje .
Ku wa Gatanu ushize, abasivili Mustapha Jabbi na Saikuba Jabbi hamwe na Sub-inspector Fakebba Jawara wo mu gipolisi cya Gambia batawe muri yombi bakurikiranyweho guhisha ubuhemu n’ubugambanyi bwo gukora icyaha gikomeye.
Boherejwe muri gereza ya Mile 2.
Ku itariki ya 21 Ukuboza, nibwo Guverinoma yavuze ko yaburijemo umugambi wo guhirika ubutegetsi, kandi ifunga bamwe mu basirikare bakekwa.
Abayobozi bataye muri yombi nibura abasirikare barindwi, barimo kapiteni na liyetona.
Iyi nkuru dukesha Africanews ivuga ko Umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi, Momodou Sabally, wahoze ari minisitiri w’ibikorwa bya perezida ku butegetsi bw’uwahoze ari umuyobozi w’iki gihugu, Yahya Jammeh, yafashwe nyuma arekurwa.
Iki gihugu gito cyo muri Afurika y’Iburengerazuba mu cyumweru gishize cyashyizeho “akanama gashinzwe iperereza” kugira ngo gakore iperereza ku ihirikwa ry’ubutegetsi ryageragejwe maze gahabwa iminsi 30 yo gutanga raporo.
Ku wa kane, mu kwerekana ku ncuro ya mbere ibisobanuro birambuye kuri iri hirikwa ry’ubutegetsi, umujyanama w’umutekano mu gihugu, Abubakarr Suleiman Jeng, yatangaje ko abateguye umugambi wo guhirika ubutegetsi bashakaga “gufata ba minisitiri n’abayobozi bakuru muri guverinoma kugira ngo babakoreshe nk’ingwate kugira ngo hatabaho kwivanga kw’amahanga.
Yatangarije abanyamakuru mu murwa mukuru Banjul ati: “Bari bafite kandi gahunda yo gusezerera abasirikari bakuru bose kuva ku ipeti rya majoro kuzamura ndetse no kuvugurura (igisirikare)”.
Gambia ni igihugu gifite demokarasi ikijegajega, igifite inkovu z’igitugu cy’imyaka 22 cy’ubutegetsi bwa Yahya Jammeh.
Jammeh yatsinzwe mu matora ya perezida mu Kuboza 2016 n’umuntu mushya muri politiki, Adama Barrow, ahungira muri Guinea Equatorial ariko agumana ijambo mu gihugu.
Barrow yongeye gutorwa mu Kuboza 2021 muri manda ya kabiri y’imyaka itanu mu cyahoze ari ubukoloni bw’Abongereza, kikaba aricyo gihugu gito ku mugabane wa Afurika, kinyura mu ruzi gikesha izina.


