Gambia: Perezida Yahya Jammeh yaburiye abagerageza kwigaragambya nyuma y’amatora

Sangiza iyi nkuru

Perezida Yahya Jammeh wa Gambia, uri kwiyamamariza kuyobora indi manda mu matora ateganyijwe kuwa 01 Ukuboza, kuri uyu wa kabiri yatangaje ko nta myigaragambyo izemerwa nyuma y’amatora.

[ad id=”44145″]

Nta mpamvu yo kwigaragambya kubera ko amatora atazabamo uburiganya, kandi muri iki gihugu, ubusanzwe, ntitwemera imyigaragambyo ,”ibi Yahya Jammeh akaba yabitangaje ku munsi wa nyuma wo kwiyamamaza ahagaragaye ibihumbi byinshi by’abaturage biri inyuma y’uwo bazaba bahanganye, Adama Barrow.

Nta kintu kizaba, iyi si inshuro ya mbere dutegura amatora ,” uwo ni perezida Jammeh na none abwira imbaga y’abamushyigikiye mu murwa mukuru, Banjul mbere yo gukomeza agira ati: “ Ntabwo bazatsinda ”, aha akaba yavugaga abo bahanganye.

Umukandida ukomeye mu ruhande rutavuga rumwe n’ubutegetsi, Adama Barrow, watowe n’amashyaka 7 yibumbiye mu ihuriro ritavuga rumwe n’ubutegetsi, we yasabye perezida Jammeh kuzatuza naramuka atsinzwe amatora.

Adama Barrow ndetse n’undi mukandida wa gatatu, Mamma Kandeh, bariyamamaje bishoboka ngo barebe ko bazakura amajwi ahagije mu baturage 886,578 bazatora mu biro by’itora bigera ku 1,422 hirya no hino mu gihugu.

[ad id=”44145″]

Uzatsinda amatora nk’uko Africanews dukesha iyi nkuru ikomeza ivuga, akazaba yemerewe kuyobora manda y’imyaka 5.

Iki gihugu gito cyane cyo mu burengerazuba bwa Afurika gifite abaturage bari munsi ya miliyoni 2, kizanagira amatora y’abagize inteko ishinga amategeko n’ay’abayobozi b’ibanze muri Mata 2017 no muri Mata 2018.

K anda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter

Dennis Ns./Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *