Gambia: Yahya Jammeh n’abahoze mu butegetsi bwe bambuwe passports za bo

Sangiza iyi nkuru

Abayobozi b’igihugu cya Gambia batesheje agaciro passports za kidipolomate kuri Yahya Jammeh, umugore we ndetse na benshi bahoze ari abaminisitiri ku butegetsi bwe nk’uko byatangajwe kuri uyu wa kane na minisiteri y’ububanyi n’amahanga.

Yahya Jammeh wahoze ayobora Gambia akekwaho kuba mbere yo guhunga igihugu yaratwaye miliyoni 50$ ayakuye mu isanduku ya leta. Ni nyuma y’aho yari amaze imyaka 22 ayoboza igihugu igitugu, hakaba haranashyizweho muri Gicurasi komisiyo igomba guperereza ku mitungo ye.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]

“Guverinoma ya Gambia yatesheje agaciro passports za kidipolomate ku bahoze mu butegetsi barimo yahya Jammeh, umugore we, Zeinab Jammeh n’abahoze ari ba minisitiri”, ibi bikaba byashimangiwe kuri uyu wa Kane na saikou Ceesay, umuvugizi wa minisiteri y’ububanyi n’amahanga.

Urutonde rw’abambuwe passports bahoze mu butegetsi bwa Jammeh bagera kuri 271, bakaba bagomba gusubiza passports zabo za kidipolomate kuko batakiri abadipolomate ba Gambia nk’uko byemezwa na Ceesay.
 
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
 
Dennis Ns./Bwiza.com
 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *