Gen. Major Chirimwami guhera kuwa Gatanu arimo kwitaba urukiko nk’umutangabuhamya muri dosiye y’abasirikare babiri bakuru ba FARDC bakurikiranweho uruhare mu ifatwa ry’Umujyi wa Bunagana .
Bivugwa ko Gen. Chirimwami yaba yarahaye amabwiriza abo ba komanda ba regiment ya 3307 n’iya 3412, zakoreraga ahitwa Gisiza na Bunagana, yo gusubiza ingabo inyuma zikajya Chengeero, ngo ari nabyo byatumye Bunagana ifatwa n’inyeshyamba za M23.
Ubwo yitabaga urukiko bwa mbere kuwa Gatanu ushize nk’uko tubikesha abanyamakuru bo muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, mu kwwirgura kwe Gen. Chirimwwami ngo yahakanye guha abo basirikare bakuru amabwiriza yo gusubira inyuma.
Kuri uyu wa Mbere, itariki 3 Mata 2023, ngo humviswe abunganira ba komanda ba regiment zavuzwe haruguru bashinjaga Gen Chirimwami gutanga amabwiriza.
Biteganyijwe ko ku nshuro ya gatatu Gen. Chirimwami aza gusubira mu rukiko kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 4 Mata.
Ku itariki ya 13 Kamena 2022 nibwo umutwe wa M23 watangaje ko ugenzura umujyi wose wa Bunagana uherereye ku mupaka wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo na Uganda.


