Gen. Dagalo yagiye muri Kenya nyuma ya Uganda, Djibuti na Ethiopia

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa Gatatu ushize, General Mohamed Hamdan Daglo uzwi ku izina rya “Hemedti”, umuyobozi w’ingabo za Rapid Support Forces, yari i Nairobi muri Kenya, aho yagiranye ibiganiro na Perezida William Ruto.

Iyi nama yabaye nyuma yo gushyira umukono, i Addis Abeba, ku itangazo ry’amahoro basinyanye n’abasivili baharanira demokarasi muri Sudani, bibumbiye mu ihuriro Takadum, riyobowe n’uwahoze ari Minisitiri w’intebe, Abdallah Hamdok.

Uyu ni umukuru w’igihugu wa kane Mohamed Hamdan Daglo ahuye na we mu byumweru bibiri bishize, nyuma yo gusura Uganda, Djibouti na Ethiopia.

Jok Madut Jok, umusesenguzi wo muri Sudani wo muri kaminuza ya Syracuse muri Amerika yagize ati: “Hamwe n’izi ngendo za dipolomasi, birashoboka ko Hemedti yitegura guhagarika imirwano.”

Uwahoze ari Minisitiri w’intebe wa Sudani, Abdallah Hamdok, we yahuye kuri uyu wa Kane na Perezida Ismaà¯l Omar Guelleh muri Djibouti nk’uko iyi nkuru dukesha RFI ivuga.

Ku ruhande rwe, Abdel Fattah al-Burhan uyoboye akanama ka gisirikare kayoboye Sudani ntacyo atangaza. Mu Kuboza, yasoje uruzinduko mu bihugu bya IGAD, abonana n’abakuru babyo.

Bigizwemo uruhare n’uyu muryango wa IGAD, abajenerali bombi bagombaga guhurira mu cyumweru gishize muri Djibouti bakaganira, ariko iyi nama yimuriwe ku munsi utaramenyekana.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *