Gen. Habarurema ukuriye ubutasi bw’u Burundi aravugwaho kuba inyuma y’ubujura buyogoje Bujumbura

Sangiza iyi nkuru

Ikigo cy’igihugu gishinzwe iperereza mu Burundi (SNR) kiravugwa mu byaha by’ubukungu no kumena amaraso. Ibyo byaha biteye impungenge kandi bikorwa n’abakozi b’uru rwego rw’ubutasi.
Aba biravugwa ko bakingirwa ikibaba n’umuyobozi wa bo, Brig. Gen. Ildephonse Habarurema kandi ntibahanwa kabone niyo baba bafashwe. Ibikorwa by’ubugizi bwa nabi by’abakozi b’ubutasi bw’u Burundi byabatijwe SEVUMA, nk’uko amakuru agera kuri RPA, aturuka muri SNR avuga.

Mu minsi yashize, mu turere dutandukanye hagaragaye ibibazo by’ubujura bwitwaje intwaro. Mu gihe kitarenze ukwezi, ibibazo 3 by’ubujura bwitwaje imbunda byagaragaye ahantu hatatu mu murwa mukuru w’ubukungu, Bujumbura. Abakorera ubutasi bw’u Burundi bavuzweho kuba inyuma yabyo.

Umukozi w’ikigo cy’igihugu gishinzwe iperereza uzwi ku izina rya Rama, umaze kuvugwa mu byaha byinshi, yatawe muri yombi ku itariki ya 28 Ukuboza 2023 mu gace k’inganda ahitwa Ku Kigabiro hamwe n’abandi bantu babiri. Bagiye kwiba bakoresheje intwaro. Ku mbuga nkoranyambaga, amafoto yakwirakwijwe yerekana aba bakozi ba SNR bambitswe amapingu kandi babazwa na polisi. Bahise barekurwa.

Nk’uko amakuru agera kuri RPA avuga, umuyobozi w’ikigo cy’igihugu gishinzwe iperereza muri salle ya Bujumbura yaburaniye Rama. Yagize ati: “Yari aho yari ari kugira ngo atange ubufasha ku bantu bari hafi yo kwibwa. “ Ibi byatangajwe n’uyu muyobozi byafashije Rama na bagenzi be kurekurwa.

Ikindi kibazo cy’ubujura bwitwaje intwaro cyagaragaye ku itariki ya 4 Mutarama 2024 mu karere ka Mutanga-Nord mu rugo ruherereye ku Muhanda wa Kondo. Umurundi uba muri diaspora wari mu biruhuko mu gihugu yibasiwe n’abajura. Nk’uko amakuru abitangaza, abakozi babiri b’ikigo cy’igihugu gishinzwe iperereza bazwi ku mazina ya Kazungu na Nkoroka bahise batabara maze bafata aba bajura bombi.

Mu bajura bafashwe na Kazungu na Nkoroka harimo umukozi w’ikigo cy’igihugu gishinzwe iperereza witwa Thérence. Uyu ngo yari umwe mu bakorana bya hafi na Kazungu. Uwatanze amakuru yagize ati: “Gutabara byihuse kwa Kazungu na Nkoroka byari uburyo bwo kurinda bagenzi babo bitwaza ko bafashe abajura.”

Ubujura bwa gatatu bwitwaje intwaro bwabereye muri zone ya Kinindo. Amakuru aturuka muri SNR agira ati: “Mu bagize uruhare muri iki gikorwa cyo muri Kinindo harimo n’umukozi ushinzwe iperereza witwa à‰lysée.”

Amakuru RPA ifite agaragaza ko abategura ubwo bujura mu kigo cy’igihugu gishinzwe iperereza bagabanijwe mu matsinda. Bati: “Ubwa mbere hari abakozi bo kuri terrain bakora ubu bujura.
Itsinda rya kabiri rigizwe n’abayobozi bo mu kigo cy’igihugu gishinzwe iperereza bashinzwe gukingira ikibaba irya mbere. Uruhare rwabo ni ugutabara vuba kugira ngo abakozi bo kuri terrain batawe muri yombi badahanwa ”.

Kuva ku bujura bwitwaje imbunda kugeza ku kunyaga.

Amakuru ava ku masooko atandukanye ahamya ko haba n’ibikorwa byo kwambura amafaranga menshi abacuruzi. “ubwo buryo nabwo burakoreshwa.”

Bakomeza bagira bati «  Abayobozi b’ikigo cy’igihugu gishinzwe iperereza bahamagaza ibipimo byabo kuri telefone. Abatitabiriye guhamagarwa bafatirwa mu ngo zabo cyangwa aho bakorera bakajyanwa ku cyicaro gikuru cy’igipolisi kirinda perezida. “Abo bose basubiza ikibazo kimwe, ni ukuvuga inkomoko y’amafaranga yabo ari muri za banki.”

Bivugwa ko abacuruzi bari bamaze kwibasirwa batashoboye gusubiza ikibazo kubera igihe gito bahawe, bituma baterwa ubwoba bwo gufungwa cyangwa kwicwa.

Abavuganye na RPA bagize bati: “Rero, benshi muri aba bacuruzi bahatiwe kubaha ruswa mu mamiliyoni y’amafaranga y’Amarundi kugira ngo bakize ubuzima bwabo.”

Amakuru yavuye muri bamwe mu bakozi ba SNR agaragaza ubufatanye bw’abakozi bamwe ba banki. Aba bitanga imibare n’ibisobanuro birambuye ku bacuruzi bafite amafaranga menshi muri banki zabo.

Iperereza rya RPA kuri iki kibazo ryashoboye gushyira ku rutonde abacuruzi bagera ku icumi bahohotewe muri ubwo buryo n’abakozi ba SNR. «  Urutonde twabonye ko rukwiye kudatangazwa magingo aya, kubera impamvu z’umutekano wabo  ».

Umwe mu bayobozi batatu bakuru b’ikigo cy’igihugu gishinzwe iperereza uzwi ku izina rya Colonel Mandevu, ubu akaba ashinzwe ishami rishinzwe ubutasi bwo hanze y’igihugu, ni we muyobozi w’iri tsinda rifite uruhare mu guhuguza abacuruzi. Uwatanze aya makuru yagize ati: “Colonel Mandevu kandi ni ukuboko kw’iburyo kwa shebuja, Brig. Gen. Ildéphonse Habarurema, umuyobozi w’urwego rw’igihugu rw’ubutasi.”

Gen. Habarurema na we avugwa ko ari inyuma y’ibyaha by’ubujura bwitwaje intwaro. “Udutsiko twose tw’abagizi ba nabi dukorera mu gicucu cy’ubwo bubasha bufite inshingano zo kubarinda ibihano ibyo ari byo byose,”

Bivugwa ko Gen. Habarurema yaba yemera ibyo byaha bigakorwa kugirango abakozi b’urwego akuriye babashe kubona amafaranga atabasha kubahemba.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *