GridArt_20260120_92222275

Gen. Muhoozi warahiriye guca Bobi Wine ubugabo yavuze umubare w’abayoboke be amaze kwica

Sangiza iyi nkuru

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen. Muhoozi Kainerugaba, yigambye kwica abayoboke 22 b’ishyaka National Unity Platform rya Robert Kyagulanyi Ssentamu uzwi nka Bobi Wine.

Muhoozi yemeje izo mpfu biciye mu ruhererekane rw’ubutumwa yanditse ku rubuga rwe rwa X.

Ni ubutumwa yibasiyemo bikomeye Bobi Wine uheruka gutsindwa na Perezida Yoweri Kaguta Museveni akanaba se wa Gen. Kainerugaba, mu matora y’Umukuru w’Igihugu yabaye ku wa 15 Mutarama 2026.

Uyu musirikare yavuze ko nyuma y’uko Museveni atsinze amatora yanikiye abo bari bahatanye, kuri ubu hagomba gukurikiraho gusenya ishyaka NUP rigahanagurwa ku butaka bwa Uganda.

Muhoozi kandi yavuze ko akomeje gusenga ngo Bobi Wine uyobora ririya shyaka apfe, nyuma y’abayoboke 22 baryo yemeje ko igisirikare ayoboye cyishe mu bihe by’amatora.

Yagize ati: “Kuva mu cyumweru gishize twishe ibyihebe 22 bya NUP. Ndimo nsenga ngo icya 23 kizabe Kabobi.”

Yunzemo ati: “Ubwanjye ntewe ipfunwe n’uwo mubare. 22 bishwe mu cyumweru kimwe ni bake cyane. Ndasezeranya gukora neza kurushaho.”

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda mu bundi butumwa yaje gusiba, yavuze ko mu bo arwaye harimo abayoboke ba NUP babarizwa mu mutwe witwara gisirikare uzwi nka Foot Soldiers.

Yavuze kandi ko Bobi Wine we namufata icya mbere azabanza kumukorera ari “kumuca ubugabo”.

Kugeza ubu nta wuzi aho Bobi Wine aherereye, dore ko uyu munyapolitiki avuga ko amaze igihe acitse abasirikare ba Uganda bagose urugo rwe akerekeza ahantu avuga ko hatekanye.

Uyu mugabo mu butumwa yanyujije ku rubuga rwe rwa X, yavuze ko umubare w’abayoboke b’ishyaka rye atari 22 nk’uko Gen. Muhoozi yabyigambye, ko ahubwo ari 100.

Yavuze ko kugeza ubu abasirikare ba Uganda bakigose urugo rwe, ndetse bakaba bakomeje kugirira nabi abarusigayemo.

Ati: “Abasirikare bashinze ibirindiro imbere mu mbuga yacu na none bongeye guhondagura inzugi z’inzu yanjye, basaba abari imbere gusohoka niba ari abagabo.”

Yunzemo ati: “Turasaba igisirikare kuva iwacu. Umugore wanjye n’abandi bantu ntibatekanye. Bari kwicwa n’inzara nyuma y’uko abo bagizi ba nabi bakumiriye ibiribwa kubageraho.”

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *