Colonel Mike Mikombe, komanda w’ingabo zishinzwe kurinda perezida n’inzego za leta zikorera muri Kivu y’Amajyaruguru, ushinjwa uruhare mu bwicanyi bwo ku itariki ya 30 Kanama i Goma, yasabye urukiko ko ruhamagazwa uwari guverineri wa gisirikare wa Kivu y’Amajyaruguru, Lt. Gen. Constant Ndima avuga ko ari we “wateguye igikorwa cyose kandi yari umuyobozi w’ibikorwa bya gisirikare mu ntara”.
Umugaba mukuru w’ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Lt. Col. Tshiwewe Songesa Christian yamaze kwirukana ku mirimo ye, nk’umuyobozi w’ibikorwa bya gisirikare muri Kivu y’Amajyaruguru, Gen. Constant Ndima.
Gen. Major Peter Cirimwami Nkuba niwe wagizwe umuyobozi w’ibikorwa bya FARDC mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, asimbuye Lt. Gen. Constant-Ndima kubera impamvu z “imikorere”.
Iki cyemezo kije mu gihe guverineri Constant Ndima yongeye guhamagarwa i Kinshasa kugira ngo atange ibisobanuro nyuma yo gukoresha ingufu z’umurengera mu guhagarika imyigaragambyo y’abayoboke ba Wazalando ku itariki ya 30 Kanama, yaguyemo abasivili nibura 57 nk’uko imibare ya leta ivuga nubwo hari abemeza ko hapfuye abasaga 100.


