Minisitiri w’Intebe, Anastase Murekezi yasabye Abanyarwanda kubungabunga amashyamba ari nako bitabira gukoresha biogas kuko ihendutse kurusha gukoresha inkwi kandi ari nako amashyamba abigenderamo. Ibi akaba yabisabye ubwo yifatanyaga n’abaturage bo mu Karere ka Gicumbi mu muganda ngarukakwezi wo kuri uyu wa Gatandatu, itariki 26 Ugushyingo, aho bateye ibiti ku musozi wa Rwesero .
[ad id=”44145″]
Mu ijambo rye, Minisitiri w’Intebe yagarutse ku kamaro k’amashyamba, avuga ko agira akamaro kanini kuko atanga umwuka mwiza ndetse akanavamo ibikoresho dukenera gukoresha umunsi ku wundi .
Yakomeje avuga ko ibiti bikomeza ubutaka, bikarwanya isuri, bikavamo ifumbire ndetse bikavamo imiti itandukanye. Yakomeje agira ati: “Twitabire gutera ibiti”.
Minisitiri w’Intebe Murekezi yaboneyeho gutangaza ko intego y’iki gihembwe cyo gutera ibiti ari ugutera amashyamba kuri hegitari 80,080 n’ibiti bivangwa n’imyaka kuri Hegitari 19,364. Yongeyeho ko u Rwanda rugamije kugera ku buso bw’ubutaka 30% buteyeho ibiti mu mwaka wa 2018.
[ad id=”44145″]
Nyakubahwa Minisitiri w’Intebe yakomeje ijambo rye ashishikariza Abanyarwanda bose cyane cyane abatuye mu mijyi gutekeza biogas kubera ko ngo ihendutse kurusha inkwi n’amakara. Abandi yasabye gukoresha biogas mbere y’uko asoza ijambo rye asaba Abanyarwanda gukomeza gutera no kwita ku mashyamba, ni abatuye mu midugudu n’amagereza.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter



Dennis Ns./Bwiza.com






