Goma: Abasirikare ba Kenya bikanzwemo abarwanyi ba M23

Sangiza iyi nkuru

Abasirikare umunani b’Abanyakenya babarizwa mu mutwe w’ingabo w’umuryango wa Afurika y’iburasirazuba, EACRF, bamaze umwanya mu maboko y’inzego z’umutekano nyuma yo kwikangwamo abarwanyi b’umutwe witwaje intwaro wa M23.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa 19 Werurwe 2023 hasakaye videwo igaragaza aba basirikare batawe muri yombi, aho bari bakikijwe n’abaturage benshi bavugaga ko ari abarwanyi ba M23 bafatiwe i Goma.

Nyuma y’isuzuma ryakozwe, Meya wa Goma, Komiseri Kabeya Makossa François, yamenyesheje itangazamakuru ko abafashwe atari abarwanyi ba M23, ahubwo ko ari abasirikare ba Kenya bari bagiye mu kiruhuko.

Komiseri Makossa yasobanuye nyuma yo gusanga atari aba M23, Komiseri wa Polisi mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru yabaherekeje abageze ku kibuga cy’indege.

Yagize ati: “Ndamenyesha abaturage ko ari abasirikare b’Abanyakenya 8 bari bagiye mu kiruhuko iwabo. Basatswe kandi bari bafite imyambaro gusa. Komiseri w’intara wa PNC/Kivu y’Amajyaruguru yabaherekeje ku kibuga cy’indege, bafata indege.”

Leta ya RDC irikanga kwinjirirwa n’abarwanyi ba M23 mu gihe kuri uyu wa 19 Werurwe imirwano yari ikomeje hagati y’ingabo zayo zizwi nka FARDC n’uyu mutwe witwaje intwaro muri teritwari ya Masisi.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *