Goma: Hateguwe indi myigaragambyo yo kwamagana u Rwanda kuri yu wa Kane

Sangiza iyi nkuru

Sosiyete sivile mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru kuri uyu wa Kane, itariki ya 24 Ugushyingo 2022 yateguye indi myigaragambyo yo kwamagana u Rwanda mu Mujyi wa Goma, umurwa mukuru w’intara Kivu y’Amajyaruguru .

Ni imyigaragambyo iyi sosiyete sivile ivuga ko iza gusabiramo Umuryango Mpuzamahanga gusaba u Rwanda gukura ingabo zarwo, ngo zaba zihishe mu mutwe wa M23, kuva ku butaka bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo.

Ibi uyu muryango wabitangaje mu ibaruwa wandikiwe ubuyobozi bw’umujyi nk’uko iyi nkuru dukesha Actu7.cd ikomeza ivuga.

Iyi myigaragambyo bivugwa ko ari urugendo rukorwa mu mahoro iratangira guhera saa yine z’amanywa ihereye kuri Rond-point Bdgl-Consulat kuri Grande barrière ahaza gusomerwa inyandiko yateguwe.

Iyi Sosiyete sivile ikaba ikangurira abaturage bose ba Goma no mu bice biyikikije kwitabira ku bwinshi uru rugendo rw’amahoro.

Hagati aho, abayobozi bo mu Karere bari bateraniye u nama yabahuje i Luanda muri Angola kuri uyu wa Gatatu, bahaye umutwe wa M23 igihe ntarengwa cyo kuwa Gatanu cyo kuba wakuye ingabo zawo mu bice wigaruriye no guhagarika imirwano

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *