Goma: Ikintu kitaramenyekana cyaturikanye ingabo za MONUSCO 32 zirakomereka hapfa n'umwana

Sangiza iyi nkuru

Guturika guhambaye kw’ikintu kitaratangazwa mu mujyi wa Goma kuri uyu wa Kabiri kwahitanye umwana gukomerekeramo abasirikare 32 bo mu Buhinde bari mu ngabo z’Umuryango w’Abibumbye muri Congo nk’uko uyu muryango wabitangaje.

[ad id=”44145″]

Uko guturika ngo kwaturikanye ingabo z’Umuryango w’Abibumbye (MONUSCO) ubwo zavaga I Goma zigana mu gace ko mu nkengero z’umujyi kitwa Keyshero, icyateye uko guturika kikaba kitahise gisobanuka nk’uko MONUSCO ikomeza ivuga.

Ismael salumu, imam w’umusigiti uri hafi y’aho guturika kwabereye, we yavuze ko abasirikare batatu ba MONUSCO bahasize ubuzima. “ Twumvise gusa guturika no gutaka, twiruka kujya kureba ”, ibi imam akaba yabitangarije Reuters dukesha iyi nkuru.

517558-un-peacekeepers-patrol-vehicles-in-avillage-near-goma-reuters

[ad id=”44145″]

Umuryango w’Abibumbye ufite abasirikare bagera ku 18,000 bari muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, ahantu haguye miliyoni z’abantu mu ntambara zo hagati y’1996 kugeza mu 2003 gusa, mu gihe hakomeje gukorera imitwe yitwaje ibirwanisho myinshi.

Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
 
Dennis Ns./Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *