Umutuzo wongeye kugaruka kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 22 Nyakanga, mu burengerazuba bw’Umujyi wa Goma wo (Kivu y’Amajyaruguru), nyuma y’ijoro ryaranzwe n’amasasu menshi, ryo ku wa Mbere, itariki 21 Nyakanga, hagati ya saa moya na saa tanu z’ijoro ku isaha yaho.
Nk’uko amakuru aturuka mu basivili n’ubuyobozi abivuga, itsinda ritamenyekanye ry’abakekwaho kuba abarwanyi ba Wazalendo baturutse muri Parike y’igihugu ya Virunga batera ibirindiro bya AFC / M23.
Igitero cyabereye ku mupaka uhuza agace ka Mugunga (Goma) na Gurupoma ya Rusayu, muri Teritwari ya Nyiragongo nk’uko bitangazwa na Radio Okapi.
Iyi mirwano ngo yari ikaze cyane, kandi amazu menshi yakoreshejwe na AFC / M23 ngo yatwitse n’abateye. Umubare w’abantu bapfuye cyangwa ibintu byangiritse nturamenyekana.
Mu gihe imirwano yari yibanze muri Gurupoma ya Rusayu, guturika kw’intwaro ziremereye n’izoroheje byateje ubwoba mu duce twa Mugunga, Ndosho na Kyeshero, ndetse bibatera urujijo.


