Guinea: Alpha Conde wahiritswe ku butegetsi agiye gutangira gukurikiranwa n’ubutabera

Sangiza iyi nkuru

Ubutegetsi bwa gisirikare muri Guinea bwategetse kuri uyu wa Kane ushize gutangira gukurikirana mu nkiko uwahoze ari perezida, Alpha Condé, wahiritswe ku butegetsi kuwa 5 Nzeri mu 2021, hamwe n’abayobozi bakuru cyangwa abahoze ari abaminisitiri barenga 180 bashinjwa ibyaha bya ruswa .

Abasirikare bafashe ubutegetsi ku ngufu, hashize umwaka urenga, biyemeje kurwanya ruswa, ifatwa nk’icyorezo muri Guinea, nk’imwe mu ntambara zabo zikomeye kandi abahoze ari abayobozi benshi bamaze gutabwa muri yombi.

Ariko mu ibaruwa ye yoherereje abashinjacyaha bakuru kuri uyu wa Kane nk’uko tubikesha AFP, Minisitiri w’ubutabera yateye intambwe nshya yo gukurikirana uwahoze ari umukuru w’igihugu, kuva mu 2010 kugeza mu 2021, ndetse n’abayobozi be benshi igihe yari ku butegetsi.

Muri bo, harimo uwahoze ari Minisitiri w’intebe, Ibrahima Kassory Fofana, hamwe n’abahoze ari abaminisitiri bagera kuri mirongo ine, nka Mohamed Diané w’ingabo, Mamady Camara, w’ubukungu cyangwa Mariama Camara w’ubucuruzi. Abajyanama benshi bakoraga muri perezidansi ku butegetsi bwa Condé na bo bavuzwe muri iyi dosiye .

Muri rusange, Minisitiri w’ubutabera, Alphonse Charles Wright, atanga urutonde rw’amazina 188, bamwe muri bo bakaba baramaze gufungwa n’andi yavuzwe inshuro nyinshi. Konti zabo kandi zarafunzwe.

Ibyaha baregwa birimo ” ruswa, kwikungahaza mu buryo butemewe n’amategeko, iyezandonke, gucura no gukoresha inyandiko mpimbano mu nyandiko za leta, kunyereza umutungo wa Leta n’ubufatanyacyaha”.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *