Minisiteri ishinzwe ubuzima bw’abantu no kurwanya SIDA yo mu Burundi yakuyeho igikorwa yari yarashyiriyeho abinjira muri iki gihugu cyo kubanza kubapima icyorezo cya Covid-19.
Itangazo Minisitiri Nzeyimana Sylvie yashyize hanze kuri uyu wa 5 Mutarama 2023 rivuga ko iri bwiriza ryakuriweho bose; baba, abinjira mu gihugu banyuze ku butaka abanyura ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cyitiriwe Melchior Ndadaye n’abambukira mu mazi.
Minisitiri Nzeyimana yasobanuye ko ariko abinjira mu gihugu banyuze muri izi nzira uko ari eshatu, n’ubwo batazajya bapimwa iki cyorezo binjira mu Burundi, bazaya basabwa kwerekana icyemezo baherewe mu bihugu baturutsemo byerekana ko batanduye iki cyorezo.
Uyu muyobozi yanzuye, asobanura ko mu gihugu imbere, gahunda zo kwirinda ikwirakwira iki cyorezo zirimo gupima no gukingira zizakomeza.


