Hamas yarekuye icyiciro cya kabiri cy’imbohe z’Abanya-Israel n’Abanya-Thailand bane

Sangiza iyi nkuru

Kuri iki Cyumweru, Abanya-Israel 13 n’abenegihugu bane bo muri Thailand bageze muri Israel mu irekurwa rya kabiri ry’abafashwe bugwate bava mu bunyage bwa Hamas kugira ngo baguranwe imfungwa z’Abanyapalestine, mu masezerano yahungabanyijwe by’akanya gato n’amakimbirane yerekeranye no gutanga imfashanyo muri Gaza.

N’ubwo Misiri na Qatar byahagobotse, amakimbirane yabangamiye amasezerano yo kurekura imbohe yerekanye intege nke z’amasezerano yo guhana imbohe 50 zafashwe n’umutwe w’abarwanyi ba Palesitine ku mfungwa 150 ziri muri gereza za Israel.

Amashusho ya televiziyo yerekanaga imbohe ku ruhande rwa Misiri ku mupaka wa Rafah nyuma yo kuva i Gaza, ubwo Hamas yashyikirizaga imbohe komite mpuzamahanga ya Croix-Rouge ku wa Gatandatu.

Batandatu mu Banya-Israel 13 barekuwe ni abagore naho barindwi bari ingimbi cyangwa abana. Umuto yari Yahel Shoham w’imyaka itatu, yarekuranwe na nyina na mukuru we, nubwo se yasigaye mu bugwate.

Igisirikare cya Israel (IDF) mu itangazo ryacyo cyagize kiti: “Ingwate zarekuwe ziri mu nzira zerekeza mu bitaro byo muri Israel, aho bazongera guhurira n’imiryango yabo.”

Ibiro ntaramakuru by’Abanyapalestine WAFA byavuze ko Israel yarekuye Abanyapalestine 39, abagore batandatu n’abana 33.

Umutangabuhamya wavuganye na Reuters yavuze ko bamwe mu Banyapalestine bageze ku rubuga rw’akarere ka Al-Bireh i Ramallah muri West Bank yigaruriwe na Israel, aho abaturage ibihumbi babategereje.

Guhererekanya imbohe ko ku wa Gatandatu, gukurikira irekurwa rya mbere ry’Abanya-Israel 13 bari bafashwe bugwate, barimo abana n’abasaza, n’irekurwa ry’abagore 39 b’Abanyapalestine n’ingimbi bari muri gereza za Israel.

Umuyobozi w’Umunyapalesitine umenyereye ibikorwa by’ububanyi n’amahanga yavuze ko Hamas izakomeza agahenge, ari na ko ka mbere mu mirwano yakurikiye igitero cy’abarwanyi ba Hamas mu majyepfo ya Israel ku itariki ya 7 Ukwakira, cyahitanye abantu 1200 ndetse bagatwara bugwate abagera kuri 240.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *