Hari abarwanyi bo mu bihugu by’abaturanyi bari mu mutwe wa CODECO

Sangiza iyi nkuru

Minisitiri w’Umutekano w’Imbere mu Ntara ya Ituri muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), Adjio Gidi yatangaje ko hatahuwe abarwanyi baturuka mu bihugu by’abaturanyi mu mutwe witwaje intwaro wa CODECO (Cooperative for the Development of the Congo).

Minisitiri Gidi nk’uko Radio Okapi yabitangaje, yavuze ko kuva uku kwezi kwatangira, Teritwari ya Djugu muri Ituri yagarayemo ibitero byinshi by’abarwanyi ba CODECO, mu cyumweru kimwe hakaba harabayemo ibigera kuri 40.

Mu bo barwanyi uyu muyobozi yavuze harimo 11 bafashwe baturuka muri Uganda, mu duce twa Nebbi na Zole. Ati: “Kuba hari abantu baturutse muri Nebbi na Zole byerekana ko hari uruhare rw’abaturuka hanze. Twafashe abarwanyi b’Abagande 7, hari harafashwe n’abandi bane.”

Avuga ko ikibazo cy’umutekano muke muri Ituri gihangayikishije ku buryo hatagize igikorwa, yasubira mu bihe bikomeye nk’ibyo yagezemo mu myaka y’2000.

Raporo ya Baromètre Sécuritaire du Kivu isobanura ko CODECO ari umutwe witwaje intwaro washinzwe kandi ukaba ugizwe n’Abanyekongo, ukaba warashinze ibirindiro mu Ntara ya Ituri.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *