Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi, UNHCR cyangwa HCR, rirasaba guverinoma y’u Bwongereza kwemera ko abenshi binjira muri iki gihugu bakoresheje ubwato buto atari abimukira nk’uko ibivuga, ahubwo ari impunzi.
Umuyobozi Mukuru wa HCR yabiganiriyeho na The Guardian avuguruza amakuru Umunyamabanga w’u Bwongereza ushinzwe umutekano w’imbere, Priti Patel, atanga kuri aba bantu.
Patel asobanura ko aba bantu biganjemo abagabo bibana ari abimukira b’ubukungu (economic migrants) bajya mu Bwongereza kuhashakira imibereho.
Ariko uyu muyobozi wa HCR we yagize ati: “UNHCR ishingiye ku makuru ari mu biro bishinzwe umutekano w’imbere, irasanga abenshi binjira mu Bwongereza n’ubwato ari nk’impunzi. Impunzi n’abashaka ubuhungiro ntabwo bakwiye gufatwa nk’abimukira.”
HCR kandi ibona ari inshingano ya guverinoma y’u Bwongereza kwemeza ko umuntu ari impunzi, biciye mu buryo buboneye, kandi ishingiye no ku makuru ya nyirubwite.
Iri shami rya UN rigaragaje uko rifata abinjira mu Bwongereza bakoresheje ubwato buto mu gihe guverinoma y’iki gihugu iteganya kohereza icyiciro cya mbere cyabo mu Rwanda tariki ya 14 Kamena hashingiwe ku masezerano yashyizweho umukono na Priti Patel hamwe na Minisitiri w’ububanyi n’amahanga n’ubutwererane, Dr Vincent Biruta muri Mata 2022.
HCR ni umwe mu miryango yamaganye isinywa ry’aya masezerano. Yasobanuye ko atubahiriza amategeko mpuzamahanga arengera impunzi.


