Ibaye inshuro ya gatatu abanzi bavuga ko napfuye_Gen. Kainerugaba

Sangiza iyi nkuru

Umugaba w’Ingabo za Uganda zirwanira ku butaka, Lt. Gen. Muhoozi Kainerugaba yatangaje ko kuva yaba umusirikare, abanzi bamubitse ari muzima ubugira gatatu.

Gen. Kainerugaba yabitangarije mu butumwa yashyize ku rubuga rwa Twitter kuri uyu wa 28 Kamena 2021 nyuma y’amakuru yahwihwiswaga avuga ko yaba yapfuye cyangwa arembejwe n’icyorezo cya Covid-19.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Aya makuru yatumye umunyamakuru wa BBC, Alan Kasujja ahamagara Gen. Kainerugaba ku murongo wa telephone kugira ngo amenye niba ari impamo cyangwa igihuha, asanga koko cyari igihuha.

Kasujja muri iki gitondo yatangarije ku rubuga rwa Twitter ati: “Ejo numvise ngo Muhoozi Kainerugaba yaba yapfuye cyangwa se yenda gupfa cyangwa se ari mu bitaro i Nairobi. Namuhamagaye, ntiyasubiza. Nabyutse nsanga yampamagaye inshuro ebyiri arambura, ndongera ndamuhamagara.”

Bombi bavuganye, Kasujja amenya ko uyu musirikare ari muzima, ahugiye mu kazi. Ati: “Umugabo ahugiye mu kwitegura gufata inshingano nshya muri iki cyumweru.”

Gen. Muhoozi nawe yaje kunyomoza iki gihuha, agira ati: “Inshuti zanjye nka Kasujja zambwie ko abanzi bari kumbika, cyangwa se ndembejwe na Covid-19. Meze neza cyane.”

Yongeraho ko ibaye inshuro ya gatatu abanzi bamubika kandi ari muzima. Ati: “Iyi ni inshuro ya gatatu kuva naba umusirikare abanzi bambitse. Igisekeje ni uko buri gihe babikoze, Imana ishobora byose imba umugisha mwinshi.”

Iki gihuha gitangajwe nyuma y’ikindi cyakwirakwiye kuva ejo bundi, cyavugaga ko se wa Gen. Kainerugaba, Perezida Yoweri Museveni yajyanwe mu bitaro biri mu Budage, arambejwe na Covid-19, ejo akagaragara ayoboye inama yiga ku buzima yabereye mu gace ka Munyonyo muri Kampala.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *