Ibitaro bya CARAES-Ndera bihangayikishijwe n’ubwiyongere bukabije bw’abarwaye indwara yo kwiheba (depression)

Sangiza iyi nkuru

Ibitaro bya CARAES-Ndera byita ku barwayi bo mu mutwe bivuga ko byanditse umubare munini w’abantu bafite ibibazo bijyanye no kwiheba (depression)byatumye indwara igaragara, ku nshuro ya mbere, muri eshanu za mbere zo mu mutwe .

Ibitaro bivuga ko kuva mu ntangiriro z’uyu mwaka, byakiriye abarwayi 7.817 barwaye kwiheba ugereranije na 1.743 banditswe umwaka ushize. Umubare munini w’abafite iyi ndwara bashya ni abantu bakiri bato hagati y’imyaka 20 na 39.

Dr. Bizoza Rutakayile, umujyanama mukuru mu bijyanye n’indwara zo mu mutwe yagize ati: “Turimo kwakira abarwayi benshi bafite ikibazo cyo kwiheba kandi ahanini ni abasore.”

Imibare yaturutse mu bitaro ivuga ko 54% by’abarwayi bakiriwe bari abagabo mu gihe 46% ari abagore. Abana bari munsi y’imyaka 19 bangana na 20% by’umubare wose w’abarwayi.

Bizoza yongeyeho ko, mu gihe ibitera kwiheba atari bishyashya mu gihugu, hari impamvu nshya z’imyitwarire mbonezamubano zitera urubyiruko kwiheba nk’uko iyi nkuru dukesha The New Times ikomeza ivuga.

Yabisobanuye agira ati: “Ubushakashatsi bwanjye ku mpamvu zitera indwara yo kwiheba mu gihugu cyacu bwerekanye kubatwa n’imbuga nkoranyambaga nk’imwe mu mpamvu zikomeye zitera iyi ndwara”, akomeza agira ati: “Nta bushakashatsi bwakozwe buhuza ibi ariko ndacyizera ko imbuga nkoranyambaga zigira ingaruka mbi ku rubyiruko. ”

Bizoza, usanzwe ari umuyobozi w’ishami rishinzwe indwara zo mu mutwe mu bitaro, yavuze ko gukoresha cyane imbuga nkoranyambaga biganisha ku kwigunga, bigatuma umuntu atakaza umubano yari asanzwe agirana n’abandi amaherezo.

Izindi ndwara zikomeye zo mu mutwe zirimo schizophrenia, ifite abantu 35,581 banditswe muri uyu mwaka, igicuri n’abantu 13.337, Indwara zo mu mutwe zikabije n’abantu 10.977 kimwe n’indwara ya ‘bipolar disorders’.

Schizophrenia ni indwara izwi nk’ibisazi, aho umuntu asobanura ukuri mu buryo budasanzwe mu gihe indwara ya Acotic na Transient Psychotic disorders ziterwa no guhangayika.

N’ubwo ibitaro bifite ubushobozi buke, Bizoza yavuze ko muri rusange, abarwayi 96.357 bakiriwe muri uyu mwaka biyongereyeho 29,6% ugereranije n’umwaka ushize.

Kubura ‘kwitabwaho mu rugo’

Nk’uko ibitaro bibitangaza, kuba nta kigo cyita ku ngo zifite abarwayi badakira bikomeje kubera ibitaro umutwaro mu gihe birwana n’ubucucike.

Abenshi muri bo barimo abatereranywe n’imiryango yabo, abadafite aho baba kimwe n’abarwayi b’abanyamahanga n’impunzi.

Nk’uko byatangajwe na Delphine Uwanyirigira, umukozi ushinzwe imibereho myiza y’indwara zo mu mutwe ushinzwe abarwayi badakira mu bitaro, ngo abarwayi barwaye indwara zidakira rimwe na rimwe banarwana no kwiyakira.

Ati: “Bazi icyo bashoboye gukora n’uburyo uburwayi bwabibabujije. Kubera iyo mpamvu barigunga ”.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *