Ibyamamare byitabira Inteko ya FIFA mu Rwanda

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa 13 Werurwe kugeza ku wa 17 mu Rwanda haraba habera Inteko y’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku Isi (FIFA), aho ihuriza hamwe abasaga ibihumbi 2 baturutse mu mashyirahamwe, impuzamashyirahamwe, n’abafatanyabikorwa mu mupira w’amaguru bo mu bihugu bigera kuri 211.

Kimwe mu bikorwa bitegereje kubera muri iyi nteko ya FIFA ni amatora ya Perezida wa FIFA, aho Perezida wari usanzweho Gianni Infantino n’ubundi ari we mukandida rukumbi kuri uyu mwanya.

Perezida wa FIFA, Gianni Infantino yaraye ageze mu Rwanda mu ijoro ryo ku wa Mbere, aho yiteguye gutorerwa kuyobora FIFA muri manda ye ya nyuma kuri uyu wa Kane tariki ya 16 Werurwe 2023 muri BK Arena.

Uretse gutora Perezida wa FIFA, Perezida wa CAF Dr. Patrice Motsepe, arahemba Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame n’Umwami wa Maroc, Mohammed VI, nk’indashyikirwa mu guteza imbere siporo muri Afurika mu bihembo byiswe ‘CAF President’s Outstanding Achievement Award 2022’.

Ibi birori byo gutanga ibihembo birabera muri Serena Hotel saa moya zo kuri uyu wa 14 Werurwe, biteganyijwe ko biritabirwa n’abanyabigwi muri ruhago barimo” Umunya-Brazil Cafu; Umunya- CĂ´te d’Ivoire, Didier Drogba; Abanya-Ghana, Asamoah Gyan na Kwadwo Asamoah; Umunya- SĂ©nĂ©gal, Khalilou Fadiga; n’Umunya-Cameroun, Pierre WebĂł.

Usibye abakanyujijeho nk’abakinnyi, muri iyi Nteko hategerejwe Umufaransa Arsène Wenger watoje Arsenal FC wageze mu Rwanda ku Cyumweru hamwe n’Umunyamabanga wa FIFA, Fatma Samoura.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *