Ibyaranze itariki ya 27 Mata 1994, ubwo jenoside yakorerwaga Abatutsi yari ikomeje

Sangiza iyi nkuru

Mu gihe hibukwa ku nshuro ya 24 jenoside yakorewe Abatutsi, hari amwe mu matariki agaruka mu mitwe y’Abanyarwanda kubera ibikorwa by’ubwicanyi n’ibindi byakorwaga muri jenoside yakorewe Abatutsi.

Komisiyo y’igihugu ishinzwe kurwanya jenoside (CNLG) ibicishije ku rukuta rwayo rwa twitter, itangaza ko itariki ya 27 Mata 1994, yaranzwe na:

Impunzi zari zahungiye muri Hotel des Milles Collines zandikiye ibaruwa itabaza Umuryango urengera uburenganzira bwa muntu.

Umuryango Oxfam , watanze itangazo rigenewe abanyamakuru uvuga ko ubwicanyi bwari buri kubera mu Rwanda ari jenoside.

Umuryango mpuzamahanga uharanira uburenganzira bwa muntu, wanenze Leta y’u Bufaransa ko yakiriye abategetsi bo muri Leta y’u Rwanda yakoraga Jenoside aribo Jean-Bosco Barayagwiza na Jerôme Bicamumpaka wari Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga.

Kuva ku itariki ya 27-29/04/1994 Abatutsi bari barahungiye kuri Perefegitura ya Butare, bizeye amakiriro, bagabweho ibitero n’Interahamwe zirabica.

Abatutsi bari bahungiye ku Bitaro bya Gakoma (bitaga mu Kidage), na Rusave/ Ramba, barishwe bose. Ubu ni mu Murenge wa Mamba muri Gisagara.

Abatutsi bagera ku 4000, bishwe batwitswe n’Interahamwe n’abasirikare muri komine Muyaga muri Perefegitura ya Butare, ubu ni mu Murenge wa Mamba muri Gisagara.

Kanda kuri SUBSCRIBE ujye ubona ibiganiro n’indirimbo bishya

YouTube player

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *