Urukiko mpuzamahanga mpanabyaha (ICC), rwatangaje ko ku itariki ya 15 Ukuboza ruzatanga umwanzuro warwo mu rubanza mu bujurire rwa Dominic Ongwen wahoze ari umwe mu bayobozi b’inyeshyamba za Lord Resistance Army (LRA), wari wajuririye igifungo cy’imyaka 25 .
Ongwen yahamijwe icyaha cyo gukora amarorerwa mu majyaruguru ya Uganda mu myaka irenga 20 ishize.
Muri Gashyantare umwaka ushize, Ongwen yahamwe n’ibyaha 61 bigizwe n’ibyaha byibasiye inyokomuntu n’ibyaha by’intambara yakoreye abasivili mu ntangiriro za 2000.
Nyuma yaje gukatirwa igifungo cy’imyaka 25. Ariko kubera ko atanyuzwe, yajuririye “ibyaha yahamijwe” n ‘“igihano” yahawe.
Itangazo rya ICC rigenewe abanyamakuru riragira riti “Ku ya 15 Ukuboza 2022 saa 11h30 (isaha y’i La Haye), mu rubanza Umushinjacyaha aburana na Dominic Ongwen, Urugereko rw’Ubujurire rw’Urukiko mpuzamahanga mpanabyaha (“ ICC ”cyangwa“ Urukiko ”) ruzatanga imyanzuro ku bujurire bw’ababuranira uregwa ku byh yahaamijwe n’igihano yahawe. ”
Mu bujurire, abunganira uregwa batanze impamvu 90 zigizwe n’amakosa ajyanye n’amategeko, ibimenyetso n’imiburanishirize byagejeje ku guhamya ibyaha umukiriya wabo n’impamvu 11 z’ubujurire, zivuga amakosa yavuzwe haruguru yagejeje ku gihano yahawe.
Abacamanza bumvise ubujurire bwa Ongwen barimo Luz del Carmen Ibáñez Carranza (umucamanza uyobora), Piotr Hofma?ski, Solomy Bossa, Reine Alapini-Gansou na Gocha Lordkipanidze.
Ongwen, ubu ufungiye mu Buholandi, abaye inyeshyamba ya mbere ya LRA, umutwe washinzwe na Joseph Kony, waburanishijwe ku byaha byakorewe mu majyaruguru ya Uganda byahitanye abantu barenga 100.000 naho abarenga miliyoni 1.8 bakavanwa mu byabo.


