Icyegeranyo: Abakozi ba HCR baka impunzi ruswa

Sangiza iyi nkuru

Mu cyegeranyo cy’ikinyamakuru cya NBC cyo muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika cyasohotse kigaragaza ko abakozi b’ishami rya ONU/UN ryita ku mpunzi, UNHCR baka ruswa impunzi iyo hari ubufasha zibaka.

Mu iperereza ryakozwe mu mezi arindwi, rigaragaza ko inkambi z’impunzi zo muri Kenya, Uganda, Ethiopia, Libya na Yemeni ari zo zikunze kugaragaramo iyi ruswa.

Urugero rwatanzwe ni urw’impunzi zisaba ubuhungiro mu bindi bihugu, aho zisabwa amadolari 5000, asaga miliyoni enye z’amafaranga y’u Rwanda (4,000,000RWF).

HCR yo iratangaza ko iki cyegeranyo cyaca intege impunzi zifuza ubuhungiro mu bindi bihugu. Yavuze kandi ko nk’uko n’ahandi bigenda, hatabura abagira ingeso mbi nk’izi, yongeraho ko ari yo mpamvu hashizweho inzego zishinzwe gukora igenzura.

Iri shami kandi ryavuze ko hari abantu bigira abakozi baryo, bazana amakarita bakabeshya ko bafite ubushobozi bwo gushakira impunzi ubuhungiro mu bindi bihugu.

Nk’uko BBC ibitangaza, HCR yavuze ko hakorwa iperereza, umukozi ugaragayeho ingeso nk’izo kurya ruswa, gukora magendu no guhohotera impunzi agafatirwa ibihano harimo no kwirukanwa.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *