Umutoza wa Arsenal, Arteta avuga ko adashaka kugira urwitwazo na rumwe atanga ku kuba yatakaje umukino wamuhuje na Brentford muri Shampiyona y’Abongereza. Perezida Kagame nk’umufana ukomeye wa Arsenal yagaragaje ko atishimiye ko uyu mukino Arsenal yawutsinzwemo ibitego bibiri. Ku byo yatangaje, wasoma: https://bwiza.com/?Perezida-Kagame-yashenguwe-no-kuba-Arsenal-yatsinzwe-na-Brentford-avuga-ko ( Perezida Kagame yashenguwe no kuba Arsenal yatsinzwe na Brentford, avuga ko impinduka zatinze). Arteta ati ” Uko twatangiye uyu mwaka w’imikino byatubabaje. Twari dufite icyizere gusa uriya siwo musaruro twashakaga cyangwa twari twiteze. Nta rwitwazo nshaka gutanga gusa ikipe twakoresheje twari tuyitezeho kuduha umusaruro.” Umutoza Arteta yasabye imbabazi muri rusange avuga ko mu mikino iri imbere bagiye kwiminjiramo agafu, bakazabona umusaruro nk’uko urubuga rwa Arsenal (Arsenal.com) rubitangaza. Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV->https://www.youtube.com/channel/UC_Wx4Sy2IawVLtp5-QMRhnQ] IBIVUGWA: Ingabo z’u Rwanda (RDF) zaba ziri kugirirwa ishyari rikomeye kubera akazi ziri gukora!!
youtube.com


