Igihugu cya Pologne kigiye gufungura ambasade mu Rwanda

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa Mbere, Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wungirije wa Pologne, Pawel Jab?o?ski, yatangaje ko igihugu cye kigiye gufungura ambasade i Kigali, bitewe n’uko umubano w’ibihugu byombi ugenda ukura .

Jab?o?ski ayoboye itsinda ry’amasosiyete arenga 20 yo muri Pologne mu nzego zitandukanye mu ruzinduko rw’iminsi itatu mu Rwanda.

Abajijwe ku gihe ntarengwa cyo gufungura ambasade, Minisitiri wungirije Jab?o?ski yagize ati: “Gufungura ambasade yacu biterwa cyane cyane n’ubufatanye bwa guverinoma zacu zombi. Kandi na none mu bisanzwe bifata amezi menshi kugirango imyiteguro ikenewe harimo n’akazi k’amabwiriza, ariko ndabizeza ko dushaka kubikora vuba bishoboka kugira ngo ambasade ebyiri zuzuye zikore kugira ngo umubano w’ibihugu byombi utere imbere “.

Muri uru ruzinduko rw’iminsi itatu, biteganijwe ko nibura hasinywa amasezerano atatu mu nzego za gisirikare, uburezi n’ishoramari.

Jab?o?ski akomeza avuga ko Pologne iri gukora ibishoboka ku buryo ijya ku mwanya wa mbere mu gutekerezwaho n’u Rwanda mu bijyanye n’uburezi.

Ati: “Dufite abanyeshuri barenga 1200 b’Abanyarwanda, akaba ari umubare munini w’abanyeshuri baturuka mu gihugu kimwe.”

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *