Igisirikare cya Kenya (KDF) kuri uyu wa Kabiri tariki ya 20 Mata 2021 cyaraye kiguze indege y’intambara ya C-145 Skytruck na Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA), ku madolari ya Amerika miliyoni 14 (amashilingi miliyari 1.4).
Nk’uko iki gisirikare cyabitangarije ku rubuga rwacyo, iyi ndege yaguzwe hashingiwe ku masezerano yo ku wa 17 Mata 2017 agenga guhana intwaro z’ubwirinzi ibihugu byombi byagiranye.
Iyi ndege yageze ku kibuga cy’indege cyitiriwe Moi, yakirwa n’Umugaba w’Ingabo zirwanira mu kirere, Maj. Gen. Francis Ogolla, avuga ko izabafasha mu koroshya ubwikorezi bwo mu kirere.





Amafoto: KDF
Iyi ndege iri mu muryango wa M28 zifite ubushoboz bwo guhaguruka bidatwaye igihe kinini bitewe n’imbaraga za moteri zayo.
Ifite kandi ubushobozi bwo gutwara abantu 19, ikaba yanatwara imizigo bibaye ngombwa.
Iyi ndege ije yiyongera mu zindi zibarirwa mu 150 zirimo iz’indwanyi, izifashishwa mu bwikorezi, izoherezwa muri misiyo zihariye n’izifashishwa mu myitozo; nk’uko byemezwa na raporo ‘World Air Forces’ yashyizwe hanze n’urubuga Flight Global muri uyu mwaka.
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


