Igisubizo cya Cristiano ku mwana wamubwiye ko Messi ari mwiza kumurusha

Sangiza iyi nkuru

Rutahizamu w’ikipe ya Al Nassr muri Saudi Arabia, Cristiano Ronaldo, yasubije mu buryo budasanzwe umuhungu muto wamubwiye ko mukeba we bahatanira uduhigo twinshi mu mupira w’amaguru, Lionel Messi, ari mwiza kumurusha.

Tariki ya 3 Werurwe 2023 ubwo Cristiano yinjiraga mu rwambariro nyuma y’umukino Al Nassr yatsinzemo Al Baten, uyu mwana wari hafi y’umuryango yaramubwiye ati: “Messi es major”, bivuze ngo “Messi ni we mwiza.”

Mu ijwi riranguruye, nk’uko ikinyamakuru Marça kibivuga, Cristiano yanze kugira icyo avuga kuri Messi, ahubwo asubiza uyu mwana mu rurimi rw’Igiporutigali ko umukino wa Al Nassr na Al Baten wari woroshye. Ati: “Y este era el partido fácil.” Bisobanuye ngo “Kandi uyu mukino wari woroshye.”

Uyu mwana yabwiye Cristiano aya magambo nyuma y’aho uyu rutahizamu nta gitego yatsinze muri uyu mukino. Icyakoze, yari amaze mu mikino ibiri yari yarabanje yatsinzemo ibitego 7.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *