Igitero cy’indege cya Ethiopia i Mekelle biravugwa ko cyahitanye abantu bane

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa Gatanu, nibura abantu bane, barimo abana babiri, bapfuye abandi icyenda barakomereka mu gitero cy’indege cya Ethiopia cyagabwe kuri Mekele, umurwa mukuru wa Tigray, nk’uko umuyobozi w’ibitaro bikuru by’umujyi yabitangarije AFP.

Ibitaro bya Ayder i Mekele “byakiriye abarwayi 13, bane muri bo bakaba bapfuye bahageze. Babiri mu bapfuye ni abana”, uyu ni Dr Kibrom Gebreselassie, mu butumwa yahaye AFP.

Iki gitero kuri iyi ntara yigometse ku butegetsi mu majyaruguru ya Ethiopia kiragaragaza ubukana bukabije nyuma y’intambara yongeye kwaduka ku wa Gatatu hagati y’ingabo za leta n’inyeshyamba za TPLF ku mupaka w’amajyepfo y’iyi ntara. Iyi mirwano yubuye ikaba yarashyize akadomo ku gahenge kari kamaze amezi atanu.

Mu butumwa yahaye AFP, Umuvugizi w’ubuyoozi bw’inyeshyamba Kindeya Gebrehiwot, yagize ati: “Ku gicamunsi, indege … yajugunye ibisasu ahantu hatuwe ndetse no mu busitani bw’abana i Mekele. Abasivili bapfuye baranakomereka.”

Nyuma gato, Guverinoma ya Ethiopia mu itangazo rigenewe abanyamakuru yavuze ko, nubwo ikomeje “kwitegura byimazeyo” kuvugana n’inyeshyamba iteganya “gukora ibikorwa byibasira ingabo (…) zirwanya amahoro”. Yahamagariye abantu batuye Tigray “kwirinda kwegera ahari ibikoresho bya gisirikare by’inyeshyamba n’aho zikorera imyitozo”.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *