Igitero cy’iterabwoba muri Somalia rwagati cyahitanye icyenda abandi barakomereka

Sangiza iyi nkuru

Nibura abantu icyenda bapfuye abandi benshi barakomereka muri Somalia rwagati nyuma y’ibisasu byaturikiye mu modoka mu Mujyi wa Mahas .

Nk’uko ibitangazamakuru byo muri Somalia bibitangaza ngo abayobozi barashinja intagondwa za Al-Shabaab kuba inyuma y’ibyo bitero byabereye mu karere ka Hiran gaherereye muri Somalia rwagati kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 4 Mutarama nk’uko bitangazwa n’urubuga rwa The Standard.

Mu magambo ye, umuyobozi ushinzwe umutekano muri ako gace, Abdullahi Adan agira ati: “Muri iki gitondo, abaterabwoba bateye umujyi wa Mahas bakoresheje imodoka zuzuye ibisasu.”

Adan yagize ati: “Bagabye igitero ku basivili kandi twemeje ko abantu icyenda, bose bakaba ari abasivili, bapfiriye mu iturika ryombi.”

Nk’uko byatangajwe n’umuyobozi wa polisi mu mujyi wa Mahas, Osman Nur, mu karere ka Hiran ngo niho mu mezi menshi ashize habereye igitero gikomeye cyagabwe kuri uyu mutwe ufitanye isano na Al-Qaeda.

Nur yagize ati: “Abaterabwoba, bamaze gutsindwa bibasiye cyane abasivili, ariko ibyo ntibizahagarika ubushake bw’abaturage bwo gukomeza kubatsinda.”

Umutangabuhamya, Adan Hassan yavuze ko ibisasu byaturikiye hafi ya resitora iri hafi y’inyubako y’ubuyobozi bw’akarere ka Mahas.

Hassan yagize ati: “Nabonye imirambo y’abasivili icyenda barimo abagore n’abana, iki cyari igitero giteye ubwoba.”

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *