Leta y’u Burusiya yafashe icyemezo cyo gusubika ibirori byahariwe ingabo zirwanira mu mazi, Navy Day, kubera igitero ingabo za Ukraine zagabye muri iki gitondo.
Guverineri w’umujyi wa Sevastopol muri Crimea, Mikhail Eazvozhaev, yatangaje ko icyaketswe ko ari indege itagira umupilote (drone) cyarashe ku kigo cy’ingabo z’u Burusiya zirwanira mu mazi mu gitondo cy’uyu munsi, gikomeretsa batanu.
Yagize ati: “Mu gitondo cya kare, Ukronazis (yise abakigabye Abanazi) bafashe icyemezo cyo kurogoya Navy Day yacu. Igikoresho kitamenyekanye cyaguye ku mbuga y’ikigo cya Navy, nk’uko tubikesha amakuru y’ibanze, ni drone. Abantu batanu bakomeretse, ni abakozi bo ku kigo, nta wapfuye. Buri wese yafashijwe.”
Guverineri Mikhail yavuze ko urwego rw’igihugu rushinzwe umutekano, FSB rwatangiye iperereza kuri iki gitero, ari na ko ibirori byo kwizihiza uyu munsi byasubitswe kubera impamvu z’umutekano, abaturage basabwa kuguma mu rugo. Ati: “Ndabasaba gutuza kandi mukaguma mu rugo cyane bishoboka.”
Umunsi wa Navy Day urangwa no kwiyerekana kw’abasirikare barwanira mu mazi n’amato y’intambara. Ku rwego rw’igihugu, wizihirizwa mu mujyi wa Saint Petersburg urimo ibirindiro bikuru by’ingabo zirwanira mu mazi, aho Umukuru w’Igihugu aba ari, agatanga ubutumwa.


